Ikipe y’ishuri rya CGFK yo mu karere ka Kicukiro mu bahungu na PSBB mu bakobwa zegukanye ibikombe by’irushanwa ry’Amashuri Kagame Cup mu batarengeje imyaka 20 mu mupira w’amaguru mu gihe muri rusange ibikombe byihariwe n’ibigo byo mu Ntara y’Amajyepfo birimo Ecole Sainte Bernadette de Kamonyi
Imikino ya Basketball Africa League (BAL) irakomeza hakinwa imikino ya 1/2 aho RSSB Tigers yo mu Rwanda iza gu cakirana na Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Bugesera FC ibitego 2-0 mu mukino w’Umunsi wa 33 wa BK Pro League, wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Gicurasi, igira amanota 55, ishimangira ko ifite amahirwe yo kwegukana umwanya wa kabiri mu makipe y’imbere mu gihugu.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya APR FC yegukanye Igikombe cy’Amahoro 2026 itsindiye Rayon Sports ku mukino wa nyuma penaliti 4-2 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota 90.
Ikipe ya APR FC yamaze kwegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025/2026 yatsinze Rutsiro FC ibitego 3- 0 iyongerera ibyago byo kumanuka mu cyiciro cya kabiri.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Al Hilal SC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 nyuma yo gutsindira Gasogi United kuri Kigali Pele Stadium ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 31 wa BK Pro League ikuzuza amanota 73 mu gihe isigaje imikino itatu.
Umutoza w’ikipe ya Rutsiro FC Rubangura Omar yavuze ko ataje nk’umucunguzi w’iyi kipe uje kurema ibintu byinshi mu byapfuye, ahubwo azakora ibishoboka byose kugura ngo igume mu cyiciro cya mbere.
Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani ikina shampiyona y’u Rwanda yatsinze APR FC ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 30 wa BK Pro League ishimangira umwanya wa yo wa mbere, APR FC itakaza umwanya wa kabiri yari imazeho igihe.
Ikipe ya Gasogi United yatsinze Gicumbi FC ibitego 3-1, mu mukino uryoheye ijisho maze Kiyovu Sports itsinda Amagaju 1-0 mu mikino y’umunsi wa 30 ya shampiyona y’ikiciro cya mbere BK Pro League yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Gicurasi 2026.
Amakipe ahagarariye u Rwanda muri Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 iri kubera i Kigali arimo Police VC, REG VC na Kepler VC zageze muri 1/4 nyuma yo gutsinda imikino yazo maze mu gihe APR VC yakiriye imikino yo yasezerewe itarenze 1/8.
Imikino ya 1/8 mu irushanwa rya Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 igiye gutangira nyuma y’uko iy’amatsinda irangiye, aho amakipe 16 agiye guhatanira itike ya 1/4 cy’irangiza mu mikino iri kubera i Kigali, aho APR VC iri munzira ya Al Ahly.
Umunsi wa Gatanu wa shampiyona ya Afurika 2026 iri kubera i Kigali, wakomeje amakipe atatu muri ane ahagarariye u Rwanda akomeza kwitwara neza naho Kepler VC iratsikira.
Amakipe ane ahagarariye u Rwanda muri shampiyona ya Afurika 2026 ,iri kubera i Kigali akomeje kwitwara neza nyuma yo kubona intsinzi zikomeye, maze APR VC, Police VC na Kepler VC zuzuza amanota icyenda mu matsinda yayo.
Amakipe ya APR VC, Police VC na Kepler VC ahagarariye u Rwanda yitwaye neza mu mikino yayo ya yakabiri muri Shampiyona Nyafurika y’Abagabo muri Volleyball, (CAVB Men’s Club Championship 2026) iri kubera mu Rwanda naho REG VC itsinda umukino wa mbere.
Mu mukino warebwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ikipe ya APR VC yatsinze ikipe ya Black Rhinos VC yo muri Zimbabwe amaseti 3-0 mu mukino ufungura Shampiyona ya Afurika 2026 iri kubera mu Rwanda.
Visi Perezida w’Impuzamashirahamwe y’Umukino wa Volleyball muri Afurika, Louis Rwakiranya yashimangiye ko nta mpungenge bafiteye iguhugu cy’u Rwanda zo kwakira imikino ya Shampiyona ya Africa ya Volleyball kuko hari benshi kirusha kwakira neza.
Ikipe ya Rutsiro FC yanganyije na Rayon Sports FC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 27 wa Rwanda Premier League, wabereye kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu, kuri iki Cyumwuru.
Ikipe APR FC yatsinzwe Etincelles FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 27 wa Rwanda Premier League, wabereye kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Mata 2026.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abangavu batarengeje imyaka 17 yatsizwe n’iya Zambia ibitego 2-0 mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu, Perezida wa FERWAFA abizeza gukomeza gushyigikirwa.
Kuva ku wa 20 Mata 2026, kugeza kuwa 3 Gicurasi 2026 igihugu cy’u Rwanda kizakira imikino ihuza amakipe y’abagabo yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAVB Men’s Club Championship 2026) rigiye kuba kunshuro ya 47 mu mujyi wa Kigali.
Umufaransa Frédéric Guérin yageze i Kigali aho aje gutoza amakipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Volleyball mu bagabo n’abagore aho aje asimbuye umutoza ukomoka muri Brezili, Paulo de Tarso.
Ikipe Al Hilal SC yanganyije na Marines FC igitego 1-1 mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Mbere tariki 6 Mata 2026.
Ikipe ya Rayon Sports WFC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu bagore,ku nshuro ya gatatu yikurikiranya n’amanota 57, irusha ikipe ya Police WFC ya kabiri amanota atatu.
Ikipe APR FC yatsinze AS Muhanga mu mukino w’umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru tariki 5 Mata 2026, maze ikomeza kotsa igitutu Al Hilal SC iyoboye urutonde rw’agateganyo.
kipe Rayon Sports yanganyije na Gicimbi FC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League, wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Mata 2026, ikomeza kugenda biguru ntege ku gikombe cya shampiyona y’u Rwanda.
Kuri iki Cyumweru, kuri Kigali Pelé Stadium hasorejwe Imikino ya gicuti Mpuzamahanga ’FIFA Series’ mu itsinda rya kabiri aho ikipe y’igihugu ya Aruba yegukanye igikombe naho Tanzania ikegukana umwanya wa gatatu inyagiye Macau 6-0.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi yanyagiriye ikipe y’igihugu ya Grenada imbere ya Perezida Paul Kagame ibitego 4-0, mu mukino wo mu itsinda rya mbere wabereye kuri Stade Amahoro, mu mikino ya FIRA Series 2026, iri kubera i kigali.
Ikipe y’igihugu ya Tanzania yatunguwe na Liechtenstein itsindwa igitego 1-0, mu mukino wa kabiri mu itsinda rya Kabiri ry’imikino Mpuzamahanga ’FIFA Series 2026’, wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Kane mu gihe Maccau yatsinzwe na Aruba ibitego 4-1.
Igihugu cy’u Rwanda kigiye kwakira imikino ya gicuti Mpuzamahanga itegurwa n’Ishyiraramwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA ’FIFA Series’, iteganyijwe kuba hagati ya tariki 26 kugeza 30 Werurwe 2026, aho ibihugu umunani bigabanyije mu matsinda abiri.
Ikipe ya Gasogi United itewe mpaga y’ibitego 3-0 nyuma yo kubura ku kibuga ku mukino w’umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League yagombaga kwakirwamo na Rayon Sports kuri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Werurwe 2026.