Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
Abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo basabwe kunga ubumwe no kubaho nta vangura, bagatandukana n’abikoreraga batanze inkunga zo kwica Abatutsi, maze bagatanga umuganda wo gusenya Igihugu.
Hari mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banazirikana abacuruzi bazize Jenoside, cyabaye ku wa 26 Gicurasi 2023. Ni igikorwa cyabereye i Huye.
Umuyobozi w’urugaga rw’abikorera mu Ntara y’Amajyepfo, Dr Céléstin Kubumwe, yagize ati “Amateka ya Jenoside mu Rwanda agaragaza bamwe mu bikorera bafashe iya mbere muri Jenoside barica, barasahura, abandi batanga inkunga zaguze ibikoresho byakoreshejwe mu kwica Abatutsi.”
Yunzemo ati “Twavuga ko bakoreshaga ubushobozi bwabo mu gusenya Igihugu. Twebwe dukwiye kuzirikana inzirakarengane zishwe, tukanaharanira ko Jenoside itazasubira ukundi, kandi tugasubiza icyizere cy’ubuzima abarokotse Jenoside.”
Hon. Senateri Innocent Nkurunziza na we wari uhari, yasabye abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo, ndetse n’Abanyarwanda muri rusange kunga ubumwe no kubaho nta vangura, kugira ngo babashe gukomeza kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu.
Ati “Uyu munsi Abanyarwanda dusabwa ko aho turi hose twunga ubumwe, nta vangura iryo ari ryo ryose, ryaba irishingiye ku karere, ku idini cyangwa ubwoko ndetse na buri wese, yaba umugabo cyangwa umugore, bakumva ko bafite uruhare rungana mu guteza imbere Igihugu cyabo.”
Yunzemo ati “Aha rero nkaba ngira ngo mvuge ko uruhare rw’Urugaga rw’abikorera rukenewe mu kuzuzanya, no kugira uruhare rufatika mu kubaka ubukungu bw’Igihugu.”
Muri iki gikorwa cyo kwibuka, abikorera bo nu Ntara y’Amajyepfo baremeye imiryango y’Abarokotse Jenoside batishoboye bo mu Turere two mu Majyepfo, mu rwego rwo kubafasha gukomeza kwiyubaka.
Hatanzwe inka 15 n’ibiribwa bifite agaciro ka Miliyoni zirenga ebyiri. Hari kandi n’inzu ebyiri zirimo kubakwa.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Habonetse ubuhamya bushya bwerekana ubugome bwa Padiri Munyeshyaka
Ohereza igitekerezo
|