Mukandori Dancille utuye mu Karere ka Rwamagana ni umukecuru wapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yishimiye ko yasaniwe inzu n’umuryango wa gikirisitu udaharanira inyungu, ‘Comfort my People Ministry’ akavuga ko ubu agiye kuryama atekanye.
Mujawase Anualithe warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga, aranenga abavuga ko kuba abarokotse Jenoside bibuka bakaririra ababo bishwe ari ugukabya.
Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier, ahamya ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari umusaruro w’uruhererekane rw’amateka y’ubuyobozi bubi, uhereye ku bukoloni bwimakaje amoko.
Mu gikorwa cyo kwibuka Abanyepolitike bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ku nshuro ya 32, cyabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero, kuri uyu wa 13 Mata ubwo hasozwaga Icyumweru cy’Icyunamo, Ihuriro ry’imitwe ya Politike mu Rwanda ryasabye abagizwe ingwate n’abasize bakoze Jenoside kwitandukanya na bo bakagaruka (…)
Mu Kigo cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze, hakiriwe abashyitsi 120 baturutse muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo abayobozi b’amadini n’abakuru b’imiryango gakondo (Chefs Coutumiers), basobanurirwa byimbitse ukuri ku mutwe wa FDLR n’indi mitwe iyishamikiyeho ikorera mu (…)
Umuryango mugari wa Kigali Today Ltd, urimo KT Press, KT Radio 96.7 FM, KigaliToday.com, na Kigali Today TV (YouTube), ntidutangaza amakuru gusa, ahubwo muri ibi bihe turibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu kazi kacu k’itangazamakuru, duharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi. Twibuke Twiyubaka
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari batuye mu Biryogo bavuga ko uwashaka kumenya neza uko Jenoside yateguwe kera yazababaza, kuko bafite ibihamya byinshi nk’abantu bari baturiye ikigo cya Camp Kigali, ahabaga icyicaro gikuru cya gisirikare.
Depite Murora Beth wari umushyitsi mukuru mu gikorwa cyo kwibuka no kunamira Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashyinguye mu Rwibutso rwa Kibagabaga, yashimye uburyo kwibuka bikorwa binyuze mu ndirimbo, ndetse bigatozwa abana bato.
Ababyeyi ba Uwanyirigira Josée n’abavandimwe be batanu barishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barokoka ari abana batatu. Ashima Inkotanyi zari ku musozi wa Rebero muri Kigali zamurokoye zikamugaragariza urukundo, mu gihe abari baramusigaranye bishe benewabo we bamuretse ngo bazajye bamureberaho uko Abatutsi basaga.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 10 Mata 2026, abakozi b’amashami ya BK Group Plc ndetse n’abo mu miryango y’abishwe, bateraniye ku rwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu gikorwa cyo kwibuka abari abakozi ba BK bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubwo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro bibukaga ku rwego rw’Umurenge Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Gahama François watanze ikiganiro, yagarutse ku mateka mabi u Rwanda rwaciyemo kugira ngo abantu bayamenye ariko banakuremo isomo, kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Madamu Jeannette Kagame ageza ijambo ry’ihumure ku bitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside yabereye i Rusororo kuri Intare Conference Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Mata 2026 yabibukije ijambo babwiwe n’Inkotanyi bwa mbere rivuga riti ‘Baho ntugipfuye’.
Brig. General (Rtd) El Hadji Babacar Faye, Umusirikare w’Umunya-Senegal wari mu Rwanda mu butumwa bwa UN yemeza ko ibimenyetso by’uko hari Jenoside itegurwa babibonye mu 1993 aho bari baroherejwe gukorera hatandukanye, ariko batanga ubutumwa bw’impuruz muri UN ntibumvwe nk’uko na Jenerali Romeo Dallaire nawe wari mu butumwa (…)
Umusirikare w’Umunya-Senegal, Gen. El Hadji Babacar Faye wari uri mu Ngabo z’Umuryango w’Abibumbye (MINUAR) zari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko izi ngabo ntacyo zakoze ngo zitabare abicwaga, bityo ko Afurika itagombye gutegereza ibisubizo by’ibibazo byayo ahandi.
Mu nama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside iri kubera i Rusororo kuri Intare Conference Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Mata 2026 hagaragajwe uburyo igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifite ingengabitekerezo ya Jenoside yibasira Abanyekongo b’Abanyamurenge bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bo mu bwoko (…)
Perezida wa IBUKA, Dr Philbert Gakwenzire, yasabye abitabiriye umugoroba wo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 kwegera abarokotse Jenoside ndetse no kubahumuriza kuko ari ibihe bituma batonekara kubera ibikomere basigiwe n’ibyo bahuye na byo mu gihe cya Jenoside.
Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’Akarere ka Kicukiro, Monique Huss, yasabye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kudaheranwa n’agahinda, abasaba guharanira kubaho kandi neza, ndetse bakabaho batekanye kuko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 itazongera kubaho ukundi.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye Urugendo rwo Kwibuka ruzwi nka ’Walk to Remember’ rwabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Mata 2026.
Inzego z’ Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’umutekano muri Mozambique zifatanyije n’Inzego z’Umutekano za Mozambique, abayobozi ba Leta ndetse n’abahagarariye Sosiyete ya TotalEnergies, mu kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Ngiruwonsanga Théoneste warokokeye Jenoside ahahoze ari muri Perefegitura ya Cyangungu, ubu akaba ari mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Shangi, avuga ko yageze imbere y’urupfu, akaruganiriza ntirumusubize, gusa ku bwa Nyagasani akaza kurokoka imihoro y’abicanyi.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahagarikwa na FPR Inkotanyi, bikwiye kwibutsa ibihugu kubahiriza inshingano zo gukumira Jenoside, zemejwe n’Umuryango w’Abibumbye.
Mu gihe ku ya 7 Mata 2026, u Rwanda rwatangiye Icyumweru cy’Icyunamo ndetse n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ikipe ya Arsenal yifatanyije n’Abanyarwanda muri ibi bihe bikomeye.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Umuyobozi w’Urwibutso rwa Yad Vashem rushyinguwemo abazize Jenoside yakorewe Abayahudi, Dani Dayan yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, ahashyinguwe abarenga ibihumbi 100 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ihuriro ry’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mayaga AGSF mu Karere ka Ruhango, barishimira kuba bagiye Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, bafite inzu y’Amateka imaze kuzura ku Rwibutso rw’Akarere rwa Ruhango ruri i Kinazi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abaturage kwitegura neza kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi. Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline yabitangarije mu muganda wo gusukura ku Rwibutso rw’Akarere rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri i Kabgayi, ahahuriye abaturage b’Utugari twegereye urwo (…)
Umunyarwandakazi witwa Kayitesi Judence ubarizwa mu Budage ku wa Mbere Nzeri yamuritse igitabo “The Unity Quest” kigaruka ku mateka n’ubuzima yanyuzemo mu gihe cya Jenoside.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero, basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kibilira, banaremera uwarokotse Jenoside bamworoza inka, nk’uko babyiyemeje ko buri mwaka bazajya bakora bene icyo gikorwa.
Ubuyobozi bukuru bw’ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), bwatangaje ko ibitaro bizimuka ariko Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruhari n’amateka y’ibyabere mu cyahoze ari CHK mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bisigare.
Intumwa zaturutse mu gihugu cya Uganda muri Kaminuza Ya Kampala zagiriye uruzinduko mu Rwanda, zisura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi, barushaho gusobanukirwa n’ibyabaye mu Rwanda, ndetse biha n’intego yo kwigisha amahoro aho bazajya hose.