Zimwe mu ndirimbo z’abahanzi nyarwanda muri iyi minsi zikomeje kuvugwaho amagambo menshi, aho bamwe baba bavuga ko zumvikanamo ibisa n’urukozasoni ariko abandi bakavuga ko ntacyo zitwaye. Iyi Video iragaragaza zimwe muri zo. Wowe uzumva Ute?
Pasiteri wo mu Itorero rya ‘Arc of Peace’ Christopher Ndayisenga, yashyize hanze indirimbo yitwa Afurika kubera ubwoba afitiye icyorezo cya Covid-19.
Uwizerwa Thabitat wamenyekanye mu bitaramo ngarukakwezi bya ‘JazzJunction’ yatangiye gukora umuziki wenyine, avuga ko kuba agiye gukora nk’umuhanzi ku giti cye bitavuze ko avuye mu itsinda rya ‘Neptunz’ band asanzwe aririmbamo.
Hashize iminsi havugwa ko Yvan Buravan yaba yavuye mu nzu y’umuziki yari asanzwe akoreramo ya ‘New Level’, ariko we yabihakanye yemeza ko hari impinduka runaka barimo bakora.
Munyabugingo Pierre Claver uzwi nka Padiri, ku myaka 47 ntiyari yarigeze atekereza ko azaba umuhanzi agahanga indirimbo ze ndetse zikajya hanze.
Irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star, ni kimwe mu bikorwa binini bya muzika byahuje abahanzi nyarwanda n’abafana babo, baryoherwa n’ibihe byo kuzenguruka intara zose z’igihugu.
Umuhanzi Senderi International Hit, ni umwe mu bahanzi bakunze kugaragara udukoryo dutandukanye ku rubyiniro tugashimisha cyane abitabiriye ibitaramo yitabiriye hirya no hino mu gihugu.
Mu gihe cya gahunda ya #GumaMuRugo yatangiye tariki ya 21 Werurwe 2020 hagamije kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, aabantu basabwe kuguma mu ngo zabo, uretse gusa abajyaga gushaka cyangwa gutanga serivisi za ngombwa.
Umuhanzi Senderi International Hit, avuga ko muri ibi bihe bya Covid-19 ibitaramo byabaye bisubitswe, yakoze imyitozo myinshi, ku buryo nibyongera gusubukurwa azakorera ibitaramo mu mirenge yose igize igihugu uko ari 416.
Producer Izere Daniel, uzwi nka Danny Beats, ni umwe mu basore batunganya muzika mu Rwanda bakomeye, umaze gukora indirimbo nyinshi zikunzwe hano mu Rwanda zirimo, Twifunze ya Sintex, Ku Gasima ya Bushari ndetse na Sabrina ya Mike Kayihura.
Umuhanzi Rukabuza Pius wamamaye ku izina rya DJ Pius yasobanuye ko indirimbo ‘Ubushyuhe’ bayikoze bayijyanishije n’iki gihe cy’impeshyi.
Umwe mu bashyushyarugamba ndetse akaba azwi cyane mu kwigisha indirimbo zishyushya ibirori, mu ngando no mu itorero, yemeza ko guhorana morale akanayiha abandi ari impano yahawe na Rurema kabone n’ubwo yaciye mu bikomeye.
Bruce Melody yongeye kuvuga ko atari we Se w’umwana wigeze kuzanwa n’umukobwa witwa Diane akamushyira ku modoka ya Bruce Melody muri 2015 amusanze mu kabari i Nyamirambo, ariko nyina w’umwana we na n’ubu akavuga ko abizi neza ko umwana ari uwa Melody.
Umuhanzi DJ Pius usanzwe unakora akazi ko kuvanga imiziki no gutegura ibitaramo, yihereyeho avuga ko abahanzi bagenzi be hamwe n’aba DJs bafite ikibazo cy’ubukene, avuga ko ibitaramo n’ibikorwa by’utubari bidasubukuwe vuba no kwicwa n’inzara byashoboka kuri bamwe.
Umurundi Ndabaneze André uzwi nka Andy Mwag wamamaye mu gucuranga gitari solo mu bitaramo bya Kigali, yashyize hanze indirimbo Nisaidie anavuga ubuzima bushaririye abahanzi bari gucamo muri ibi bihe bya Guma Mu Rugo badacurangira amafaranga.
Igihangange mu gutunganya umuziki akaba n’umushoramari Andre Romelle Young wamenyekanye ku izina rya Dr Dre ashobora gutakaza amamiliyoni y’amadolari mu gihe umugore we Nicole Young asaba ko batandukana nyuma y’imyaka 24 bari bamaze babana.
Umunya-Nigeria Burna Boy yatsindiye igihembo cya BET Awards mu cyiciro cya Best International Act.
Umuhanzi Alpha Rwirangira utuye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, agiye kurongora Liliane Umuziranenge nyuma yo gutandukana na Miss Uwingabire Esther bakundanye igihe kirekire bakanabyarana ariko bakaza gutandukana muri 2014.
Umuhanzi Mico The Best muri iyi minsi yakoze indirimbo yitwa IGARE yakunzwe n’abatari bake ariko kandi itaranavuzweho rumwe kuva ikigera hanze.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Kamena 2020, umuhanzi Igor Mabano ukorera muri Kina Music, ni we wari utahiwe kuririmba mu iserukiramuco Iwacu Muzika Festival 2020 ubu ririmo ribera kuri Televiziyo n’imbuga nkoranyambaga nka YouTube. Yakoze igitaramo cyashimishije benshi anizeza ko Album ye igiye kuboneka vuba.
Umuhanzi Nyirinkindi Ignace uririmba mu njyana gakondo yaganiriye na Kigali Today, agaruka ku buhanzi bwe n’amateka ye muri rusange. Ashimira inkotanyi zamureze ndetse agashimira n’Igihugu ku bw’amahirwe n’icyizere giha urubyiruko.
Michael Joseph/Joe Jackson wamenyekenye nka Michael Jackson yavutse tariki 29 Kanama 1958 avukira ahitwa Gary muri Leta ya Indiana, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Umuhanzikazi Sunny Dorcas Ingabire aricuza igikorwa yakoze cyo gushimisha abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga bikagera aho akuramo imyenda akagaragaza imyanya ye y’ibanga ikarebwa n’ibihumbi by’abantu hirya no hino ku isi.
Umuhanzi Justin Bieber yahakanye ibimaze iminsi bimuvugwaho ko yaba yarafashe umukobwa ku ngufu muri 2014 ubwo yari mu mujyi wa Austin muri Texas. Uyu muhanzi avuga ko ibi birego atari byo kandi ko afite ibimenyetso simusiga.
Sebigeri Paul wamamaye ku izina rya Mimi la Rose muri Orchestre Impala de Kigali yavuze bimwe mu byamubayeho ubwo bacurangaga ndetse bikamusigira igikomere mu mutima birimo kuba umugabo wamurushaga amafaranga n’icyubahiro w’umuyobozi yaramuciye inyuma bikarangira anamutwariye umugore.
Sebigeri Paul umwe mu bacuranzi batangiranye na Orchestre Impala yakunzwe na benshi mu Rwanda kugera n’ubu, yabwiye KT Radio amwe mu mateka y’indirimbo zakunzwe cyane z’Impala n’imvo n’imvano yazo.
Umuhanzikazi Femi One wo muri Kenya wamamaye mu ndirimbo ‘Utawezana’ agiye gushyira hanze indirimbo yakoranye na Alyn Sano ndetse banasubiremo indirimbo ‘Kontorola’ imaze iminsi isohowe na Alyn Sano.
Ibihembo ya BET Awards bizatangwa ku cyumweru tariki 29 Kamena 2020, umunyekongo Innoss’B akaba ari mu bahanzi nyafurika bari guhatanira ibi bihembo.
Hagiye gushira umwaka umuhanzi Harmonize wo muri Tanzania asezeye mu nzu ya Wasafi ya Diamond Platnumz, nyamara byagaragaye ko nyuma yo gutandukana n’iyi nzu, Harmonize yateye imbere ku buryo ubu ari umwe mu bahanzi bubashywe muri Afurika akaba yaranabiboneyemo amafaranga.
Minisiteri y’Umuco n’Urubyiruko yavuze ko igiye gufasha abahanzi kubona aho bacururiza ibihangano byabo hifashishijwe ikoranabuhanga kugira ngo ibihangano byabo bibashe kubatunga nyuma yo kubona isomo bahawe n’ibi bihe bya Covid-19 aho gukora ibitaramo bidashoboka.