Teta Diana arasaba abafana be kumushyigikira ku cyemezo cyo gusezera mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 6 kuko ngo yabitekerejeho.
Umuhanzi Paul Maurix wamenyekanye muri Maurix Music Studio, yatangaje agiye kuririmba indirimbo z’ibihe byose, zirimo ubutumwa bukora ku mutima ya benshi.
Cindy Sanyu araye mu Rwanda aho yaje gufasha umuhanzi Kid Gaju kumurika alubumu yitiriye indirimbo bakoranye bise “Gahunda”.
Umuhanzikazi Teta Diana ari gukorwaho inkuru mu mashusho(Magazine Documentaire) n’ikigo cy’Itangazamakuru gikomeye ku isi cya CNN (The Cable News Network) cy’Abanyamerika.
Davis D na Sat B babinyujije mu ndirimbo bise “Umwana wo mu mujyi”, batatse Kigali na Bujumbura imigi baturukamo banaririmbiramo.
Umuhanzi Ruremire Focus uririmba mu njyana gakondo agiye kwerekeza i Dar-Es-Salam gukorerayo indirimbo abifashijwemo n’uwitwa Kabano usanzwe amukorera.
Angelique Kidjo, umuhanzikazi wo muri Benin, yongeye gutsindira igihembo cya Grammy Awards, agitura abahanzi bagenzi be bo muri Afurika.
Itsinda rya Trezzor riritegura kumurika album yabo ya kabiri bise “Urukumbuzi” izaba igizwe n’indirimbo 10 zicuranze ku buryo bw’umwimerere (live).
Masamba Intore agiye guhuriza hamwe ibirori by’isabukuru ye y’amavuko, iy’umuziki we no kumurika alubumu ye nshya muri Nyakanga uyu mwaka.
Teta Diana yanyuzwe cyane no kubona indirimbo ye "Velo" ikinwa kuri televiziyo mpuzamahanga kandi atarayitanzeyo.
Umuhanzikazi Teta Diana yasinye amasezerano na Africori, ikigo mpuzamahanga gicuruza umuziki w’abahanzi banyuranye bo muri Afurika.
Active yashyize hanze indirimbo bise “Amafiyeri” ikaba ari indirimbo ngo bakoze kugira ngo izasetse abakunzi babo ndetse inabaruhure mu mutwe.
Umuhanzi Danny Vumbi avuga ko ari we watoranyijwe mu bandi bahanzi ngo akore indirimbo y’intwari.
Mu gihe byari bimenyerewe ko Boston Records n’ikigo cy’urubyiruko cya Nyamasheke bategura Kinyaga Award,kuri ubu hagiye gutorwa abazajya bayitegura by’umwihariko.
Benshi mu byamamare hano mu Rwanda bakomeje kugaragaza ibyishimo batewe n’uko ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yatsinze ku mukino wa mbere.
Nyuma y’amasaha make ashyize hanze indirimbo yakoreye Amavubi n’Abanyarwanda kubera CHAN, Danny Nanone yashimishijwe no gukabya inzozi Amavubi agatsinda.
Umuhanzi Danny Nanone yinjiye muri business, aho yakoze amakaye yamwitiriwe azajya anyuzamo ubutumwa bunyuranye bugenewe urubyiruko cyane cyane abanyeshuri.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa amashusho y’indirimbo “Velo” ya Teta Diana asohotse, amaze kurebwa inshuro zirenga 8407, ibintu bitaba ku ndirimbo nyinshi
Umukobwa wa Senderi w’imyaka 8 yamaze kwinjira mu muziki akaba arimo gukora indirimbo yise “Icyizere” izasohoka tariki 15 Mutarama 2016.
Umwaka wa 2015 waranzwe n’ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro mu Rwanda birimo ibitaramo by’ibyamamare isi yose ihora yifuza kubona.
Umuhanzi w’Umunyarwandakazi Princess Priscilla arahakana amakuru avugwa ko yaba akundana n’umuhanzi The Ben.
Runyange Dan umuhanzi Nyarwanda uhanga indirimbo z’Imana, ari mu bikorwa by’ibitaramo bishishikariza urubyiruko kwitandukanya n’ibiyobyabwenge abanyujije mu ndirimo zihimbaza Imana.
Umuhanzi Mariya Yohana ahamya ko mu muco Nyarwanda bitemewe kubyinana igisabo kuko iyo bibaye bityo kiba cyabaye igicuma.
Itorero Intayoberana rigeze kure imyiteguro y’igitaramo cyo guha urubuga no kugaragaza agaciro k’umwana, kikazaba kuri uyu wa gatatu tariki 23.12.2015.
Mucyo Shaffy utegura “Rwandan Fashion Show” arakangurira urubyiruko bagenzi be gutinyuka nabo bakaba bakabya inzozi zabo nk’uko nawe byamugendekeye.
Umunya-Jamaica, Konshens, w’icyamamare muri muzika ku wa 1 Mutarama 2016 saa 4.00PM azataramira Abanyarwanda muri "East African Party".
Umuhanzikazi Knowless Butera yashyize ahagaragara amashusho ya "Te amo " yakoranye n’Umunyazambia Roberto, nyuma y’ibizazane yahuye na byo kuri video ya mbere.
Umuhanzi Alpha Rwirangira, yasoje amasomo y’icyikiro cya kabiri cya kaminuza mu bucuruzi ariko yiyemeza ko atazigera areka umuziki.
Umuhanzi Ndayisenga Flavien, uzwi ku izina rya The Pax Masunzu, avuga ko byamusabye guhimba ibinyoma ngo abashe gutereka umusatsi binatuma atega amasunzu.
Umunyarwandakazi Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless wegukanye PGGSS5 yashyizwe ku rutonde rw’abazitabira Kora Award 2016.