Volleyball: Police VC na RRA WVC zegukanye irushanwa rya Climate Action
Amakipe ya Police VC mu bagabo na RRA WVC mu bagore yegukanye irushanwa rya Climate Action ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda rifatanyije n’Ikigo Gishinzwe Kurengera Ibidukikije ’REMA’ atsinze REG VC na Police WVC.
Ni imikino yabere mu turere twa Huye na Gisagara aho mu bagabo hari hitabiriye amakipe atatu REG VC, Police VC na Gisagara mu gihe mu bagore hari hitabiriye RRA WVC, Police WVC na RP Huye. Imikino y’amajonjora mu bagabo yabereye i Gisagara REG VC na Police VC zigera ku mukino wa nyuma mu gihe mu bagore yabereye muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye RRA WVC na Police WVC akaba arizo zigera ku mukino wa nyuma.
Iyi mikino ya nyuma yose yabereye mu nzu y’imikino ya Gisagara aho habanje gukinwa umukino wa nyuma mu bagore . Ikipe ya RRA WVC yatangiye umukino neza itwara amaseti abiri ya mbere itsinze amanota 26-24 ndetse na 25-22.
Iyi kipe yasabwaga iseti imwe igatwara igikombe cyangwa igatsindwa imwe igatsinda indi ariko Police WVC itsinda amaseti abiri yakurikiyeho ku manota 25-15 na 25-23, hitabazwa kamarampaka.Mu iseti ya gatanu ya kamarampaka, ikipe ya RRA WVC yasoje umukino neza iyitsinda ku manota 15-11 yegukana igikombe itsinze amaseti 3-2.
Uyu mukino wakurikiwe n’uwo mu bagabo nawo wari ukomeye hagati y’ikipe ya REG VC kuko wasabye ko hakinwa amaseti atanu. Ikipe ya REG VC yegukanye iseti ya mbere itsinze amanota 25-19 ndetse n’iya kabiri ku manota 25-18.
Ikipe ya REG VC yagarutse mu mukino neza yegukana iseti ya gatatu yari iya mbere yayo ku manota 25-23 inatatwara iya kane y’umukino ku manota 25-22 amakipe yombi anganya amaseti 2-2, ibyari bivuze ko hagomba kwitabazwa iseti ya gatanu kamarampaka.Iyi seti nayo ikipe ya Police VC yayitwaye itsinze amanota 15-11, yegukana umukino ku maseti 3-2 inatwara igikombe.
Ibikombe PoliceVC na RRA WVC zegukanye, byari baherekejwe na miliyoni 4 Frw.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|