Volleyball: Amakipe ahagarariye u Rwanda muri Libya yageze muri 1/8

Nyuma y’imikino y’amatsinda yaraye isojwe mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri volleyball, ku mugabane wa Afurika, amakipe ahagarariye u Rwanda yamaze kugera muri 1/8.

Kepler VC ku nshuro yayo ya mbere yitabira aya marushanwa, yamaze kugera muri 1/8
Kepler VC ku nshuro yayo ya mbere yitabira aya marushanwa, yamaze kugera muri 1/8

APR na Kepler Volleyball, amakipe ahagarariye u Rwanda muri iyi mikino, yamaze gutambuka icyiciro cy’amatsinda aho bamaze kwerekeza muri 1/8. APR VC yasoje imikino y’amatsinda iri ku mwanya wa 3 mu itsinda rya kane, naho Kepler VC isoreza ku mwanya wa 2 mu isinda rya gatatu.

Muri 1/8, ikipe ya Kepler izahura na Volleyball Club Espoir yo muri Congo (DRC), naho APR yo izakina na GSU (General Service Unit-Kenya).

Iyi mikino irimo kubera mu gihugu cya Libya mu mujyi wa Misurata, aho iteganyijwe kuzasozwa tariki 30 Mata 2025.

APR VC izahura na GSU yo muri Kenya
APR VC izahura na GSU yo muri Kenya
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka