MAVCC2026: Police VC igeze ku mukino wa nyuma(Amafoto)

Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Police VC yageze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 nyuma yo gusezerera REG VC muri 1/2 iyitsinze amaseti 3-1.

Police VC yasezereye REG VC muri 1/2 cya Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 igera ku mukino wa nyuma
Police VC yasezereye REG VC muri 1/2 cya Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 igera ku mukino wa nyuma

Ni umukino wabereye muri Bk Arena mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu maze ikipe ya Police VC n’ubundi yahabwaga amahirwe yegukana iseti ya mbere ku manota 25-20. Iseti ya kabiri y’umukino yegukanywe na REG itsinze amanota 25-22.

Hari hasigaye gukina amaseti abiri maze uyatwaye yose akaba ariwe wegukana umukino, ibintu Police VC yagezeho ibanje gutsinda iseti ya gatatu yari iya kabiri yayo ku manota 25-17 ndetse inabisubira itwara iya kane yari iya gatatu yayo yatsinze ku manota 25-21 inatsinda umukino ku maseti 3-1.

Gutsinda uyu mukino byatumye Police VC igera ku mukino wa nyuma w’iyi Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 iri kuba ku nshuro ya 47 aho ari ubwa mbere u Rwanda rugizemo ikipe igera ku mukino wa nyuma.

Kuri uyu mukino wa nyuma Police VC izahura n’ikipe irakomeza hagati ya Al Ahly na PetroJet zo mu Misiri nazo zirahurira muri 1/2 mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, muri BK Arena ari naho hazabera umukino wa nyuma kuri uyu wa Gatandatu.

Mu mukino wo guhatanira hagati y’umwanya wa cyenda n’uwa 12, ikipe ya APR VC yakiriye iri rushanwa yatsinzwe na Ghana Army yo muri Ghana amaseti 3-1 kuri uyu wa Gatanu.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo Candy Basomingera yari yitabiriye uyu mukino
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo Candy Basomingera yari yitabiriye uyu mukino
Abapolisi batandukanye bari baje gushyigikira ikipe yabo
Abapolisi batandukanye bari baje gushyigikira ikipe yabo
Ingeri zose zari zizihiwe muri BK Arena
Ingeri zose zari zizihiwe muri BK Arena

Ibitekerezo   ( 1 )

Byiza kuba duhuriye kuri discipline imwe nubwo mbona akenshi igihugu cyacu kitaviha ingufu ubux kweli komurangije scene yanyu nkabana bakirimunkambi hirya nohino kdi nabo bakeneye amahugurwa menshi kumukino ubwo rwox mwabibafashahiki ko mubizi nezako icyo babura Ari abatoza international kdi babizobereyemo rwox namwe ngaho ikindikikindi twabaka usibye kunyisurira mukananganiriza kubyanjye for mo infos plz m nber is 0781000523/0723318825 here waiting for the results ok no mo night but weekend of relaxing either refreshing if games now Luke finished ok grts when give it back gud request ok

Egide MUGISHA yanditse ku itariki ya: 1-05-2026  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka