MAVCC2026: Kepler VC, Police VC na REG VC zageze muri 1/4 APR VC irasezererwa

Amakipe ahagarariye u Rwanda muri Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 iri kubera i Kigali arimo Police VC, REG VC na Kepler VC zageze muri 1/4 nyuma yo gutsinda imikino yazo maze mu gihe APR VC yakiriye imikino yo yasezerewe itarenze 1/8.

‎Ni nyuma y’imikino ya 1/8 yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026, muri BK Arena na Petit Stade, maze amakipe atatu muri ane ahagarariye u Rwanda muri iyi mikino agera muri 1/4. Byatangiye mu masaha ya kare aho ikipe ya Police VC yatsinze Nigeria Customer VC amaseti 3-0 (25-21,25-16,25-21).

‎Ikipe ya REG VC nayo yateye intambwe ikomeye nyuma yo gusezerera Sport-S yo mu gihugu cya Uganda iyitsinze amaseti 3-0 ( 25-18,25-17,25-20) aho igomba kuzakina KPA VC yo muri Kenya muri 1/4. Ikipe ya Kepler VC nayo yakoze ibyo yagombaga gukora itsinda GSU yo muri Kenya amaseti 3-1 ( 23-25,25-23 28-26, 25-19) isanga Police VC muri 1/4 ari naho bazahurira mu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Kane muri BK Arena.

APR VC nyuma y’uko yegukanye umwanya wa kane muri Shampoyona ya Afurika umwaka ushize ndetse ikaba inabitse igikombe cya shampiyona cy’umwaka ushize, yasezerewe itarenze 1/8, nyuma yo gutsindwa na FUS Rabat amaseti 3-1 ( 25-23, 25-18, 22-25, 25-21) aho ibi kandi byaje nyuma y’uko iyi kipe y’Ingabo itanabashije gukina imikino ya kamparamaka ya shampiyona y’u Rwanda ya Volleyball 2025-2026.

Imikino ya 1/4 itaganyijwe kuwa Kane tariki 30 Mata 2026 muri BK Arena, naho amakipe yasezerewe muri 1/8 arimo na APR VC azakina ahatanira imyanya kuva kuri 9-16.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka