#MAVCC2026: Al Ahly SC yegukanye igikombe itsinze Police VC, u Rwanda rwandika amateka(Amafoto)
Ikipe ya Al Ahly SC yo mu Misiri yegukanye igikombe cya shampiyona ya Afurika ya Volleyball iri kuba ku nshuro ya 47 i Kigali itsinze Police VC yo mu Rwanda amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma, maze amakipe abiri muri ane yari ahagarariye u Rwanda yandika amateka yo kuza muri atatu ya mbere muri Afurika.
Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 02 Gicurasi 2026, muri BK Arena watangiye Saa mbiri z’ijoro, imbere y’abafana benshi bari baje gushigikira ikipe ya Police VC yari yakoze amateka yo kugera ku mukino wa nyuma bwa mbere mu mateka yayo.
Iyi kipe yo mu Misiri yinjiye muri uyu mukino ishaka kwegukana igikombe cya 17, aho yaherukaga kugitwara mu 2024, maze iseti ya mbere iyitsinda ku manota 25-20, maze ikipe ya Musoni Fred igerageza kwitwara neza ariko itsindwa iseti ya kabiri kuri 25-21.
Iseti ya nyuma Al Ahly SC yakomeje gushimangira ko ariyo kipe ikomeye muri Afurika, ndetse ko ishoyobe gusoza imikino yose idatsinzwe iseti n’imwe, maze itsinda amanota 25-22 ihita yegukana igikombe cya 17 mu mateka yayo, Police VC yeguka umwanya wa kabiri nayo inashimangira ko iri ku mukino wa nyuma wa shampiyona y’u Rwanda 2025-2026 ibikwiriye.
Uyu mukino wa nyuma Al Ahly SC yatwariyemo igikombe waje ukurikiye uw’umwanya wa gatatu ikipe ya REG VC yatsinzemo Petrojet SC yo mu Misiri amaseti 3-1 (25-21, 25-21, 13-25, 25-17) bituma yegukana umwanya wa gatatu biba ubwa mbere ibigezeho muri iyi mikino.
Andi makipe yari ahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa ribereye ubwa mbere muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara ni Kepler VC yegukanye umwanya wa karindwi itsinze Fath Union Sport amaseti 3-1 (25-16, 23-25, 25-20, 25-17) ndetse na APR VC yari yakiriye iyi mikino yegukanye umwanya wa 11 mu makipe 24 yaturutse mu bihugu 14 bitandukanye ku mugabane wa Afurika, itsinze Nigeria Customers VC amaseti 3-2 ( 35-33, 23-25, 25-17, 23-25, 8-15).
Shampiyona Nyafurika ya Volleyball ikomeje kwiharirwa n’ibihugu byo muri Afurika y’Amajyaruguru, gusa uyu mwaka amakipe y’u Rwanda yerekanye urwego rwiza, uretse ikipe ya Gisagara VC yegukanye umwanya wa gatatu mu 2022, APR VC mu 2025 na University of Rwanda 2011 zegukanye umwanya wa Kane muri Afurika.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|