Kepler VC na KPC VC zegukanye irushanwa ryo #Kwibuka32, Gisagara VC iterwa mpaga

Amakipe ya Kepler VC na Kenya Pipeline Compan yegukanye irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 naho Gisagara VC iterwa mpaga kubera kutagera ku kibuga.

Ni irushanwa ryasojwe kuri iki cyumweru taliki ya 21 Kamena 2026 i Kigali aho ryari rimaze iminsi itatu riba. Iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe 14 yose hamwe abagabo n’abagore harimo ayavuye mu bihugu bya Uganda, Kenya, Benin ndetse n’u Rwanda rwakiriye.

Mu cyiciro cy’abagabo, ikipe ya kepler VC niyo yegukanye iki gikombe itsinze APR VC ku mukino wa nyuma amaseti 3-0. Mu rugendo ruyerekeza ku mukono wa nyuma, ikipe ya Kepler VC yari yasezereye ikipe ya Finance VC yo mu gihugu cya Benin, nyuma kandi iza no gusezerera ikipe ya Police VC muri ½ iyitsinze nayo amaseti 3-0.

Muri iki cyiciro, ikipe ya Police VC niyo yegukanye umwanya wa gatatu, nyuma yo gutsinda ikipe ya REG VC amaseti 3-1.

Mu cyiciro cy’abagore, ikipe ya Kenya Pipeline Company yo muri Kenya niyo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda ikipe ya APR WVC ku mukino wa nyuma amaseti 3. Mu rugendo rwayo rwo kwerekeza ku mukino wa nyuma, ikipe ya Kenya Pipeline Company yasezereye ikipe ya Kepler women’s volleyball club muri ½ bigoranye nyuma yo kuyitsinda amaseti 3-2.

Muri iki cyiciro, ikipe ye Police WVC niyo yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda Kepler amaseti 3-2.

Iterwa Mpaga rya Gisagara VC

Igikuba cyaracitse ndetse n’ibihano bifatirwa bamwe mu bakinnyi b’ikipe ya Gisagara VC nka zimwe mu ngaruka zo guterwa mpaga aho abakinnyi barimo Muvara Ronald na Ngaboyitwari Cedric bamaze guhagarikwa muri iyi kipe.

Ikibazo Muzi

Ubwo imikino yo kwibuka yari irimbanyije, ikipe ya Gisagara VC yagombaga gukina umukino wa ¼ n’ikipe ya Police Volleyball ku munsi wo kuwa gatandatu taliki ya 20 Kamena ku isaha ya saa sita z’amanywa. Abakinnyi ba Police VC yagombaga gukina na Gisagara VC ndetse n’abasifuzi bagombaga kuyobora umukino, bageze ku kibuga bategereza ikipe ya Gisagara baraheba kugeza ubwo amasaha yagenwe y’ubucyerererwe yageze maze abasifuzi bemeza mpaga.

Mbere yo guterwa mpaga, habayeho kubanza guhamagara ikipe ya Gisagara VC yibutswa ko amasaha agiye kugera ariko ikaba itagaragara ku kibuga. Mu kwisobanura, ikipe ya Gisagara yakomezaga ivuga ko yagize akabazo k’imodoka ariko iri mu nzira, gusa ibi bisa naho byari bihabanye n’ukuri.

Nyuma yo guterwa mpaga, ikipe ya Gisagara yasohoye itangazo rihagarika abakinnyi bayo babiri barimo Ngaboyitwari Cedric ndetse na Muvara Ronald aho ubuyobozi bw’ iyi kipe bwagaragaje ko aba bakinnyi bagize uruhare mu guterwa mpaga kw’ikipe ya Gisagara VC.

Nubwo ibyo byose byabaye, amakuru dufite nuko iyi kipe y’akarere ka Gisagara ibyaba byarateye gucyerererwa kugera ku kibuga, byaba bifitanye isano n’ukwigumura kw’abakinnyi bari banze gukina kubera kudahembwa nubwo ngo baje guhembwa kuri uwo mugoroba.

Abakinnyi bahagaritswe, bahagaritswe amazi 3 aho biteganyijwe ko bazagaruka mu ntangiriro z’ Ukwakira uyu mwaka.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka