RAC yigaragaje mu Irushanwa ry’Imikino y’Abakozi(Amafoto)

Amakipe ya RAC, RBC na CHUB yegukanye ibikombe mu irushanwa ry’imikino y’abakozi ihuzwa no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo.

RAC yegukanye igikombe itsinze CHUB ibitego 4-1 ku mukino wa nyuma mu cyiciro cy'ibigo bifite abakozi bari hejuru y'ijana
RAC yegukanye igikombe itsinze CHUB ibitego 4-1 ku mukino wa nyuma mu cyiciro cy’ibigo bifite abakozi bari hejuru y’ijana

Ni imikino yasojwe mu mpera z’icyumweru gishize ihuzwa n’umunsi Mpuzamahanga w’umurimo , hakinwa imikino ya nyuma aho mu mupira w’amaguru mu cyiciro cy’ibigo bifite abakozi barenze ijana, mu bagabo ikipe ya RAC yegukanye igikombe itsinze CHUB ibitego 4-1 ku mukino wa nyuma WASAC yegukana umwanya wa gatatu itsinze RBC 3-0. Mu bagabo kandi ariko mu bigo bifite abakozi bari munsi y’ijana ikipe ya DGIE niyo yegukanye igikombe itsinze RBC ibitego 3-0 ku mukino wa nyuma mu gihe REG yatsinze NISR igitego 1-0 ku mwanya wa gatatu.

DGIE niyo yegukanye igikombe itsinze RBC ibitego 3-0 ku mukino wa nyuma cy'ibigo bifite abakozi bari munsi y'ijana mu bagabo muri ruhago
DGIE niyo yegukanye igikombe itsinze RBC ibitego 3-0 ku mukino wa nyuma cy’ibigo bifite abakozi bari munsi y’ijana mu bagabo muri ruhago

Muri Volleyball, mu cyiciro cy’ibigo bifite abakozi bari hejuru y’inaja mu bagabo, ikipe ya RAC yongeye kwegukana igikombe itsinze MINICT ku mukino wa nyuma amaseti 3-0 naho umwanya wa gatatu utwarwa na RRA yatsinze CHUB amaseti 3-1. Mu cyiciro cy’ibigo bifite abakozi bari munsi y’ijana mu bagabo kandi , igikombe cyatwawe na NISR itsinze RwandAir amaseti 3-2 naho mu bagore Volleyball yakinwe mu cyiciro cy’ibigo bifite abakozi bari munsi y’ijana gusa aho RBC yatwaye igikombe itsinze WASAC amaseti 3-0.

Mu bagore, Volleyball mu cyiciro cy'ibigo bifite abakozi bari munsi y'ijana gusa RBC yatwaye igikombe itsinze WASAC amaseti 3-0
Mu bagore, Volleyball mu cyiciro cy’ibigo bifite abakozi bari munsi y’ijana gusa RBC yatwaye igikombe itsinze WASAC amaseti 3-0

Muri Basketball mu cyiciro cy’ibigo bifite abakozi barenga ijana, mu bagabo ikipe ya RRA yatwaye igikombe itsinze RAC amanota 78-72, umwanya wa gatatu wegukanwa na RTDA yatsinze WASAC amanota 73-64. Mu bagabo kandi, mu cyiciro cy’ibigo bifite abakozi bari munsi y’ijana igikombe cyatwawe na NISR yatsinze DGIE amanota 95-86 naho MOD yegukana umwanya wa gatatu itsinze RwandAir amanota 73-70.

Mu cyiciro cy'ibigo bifite abakozi bari munsi y'ijana igikombe cyatwawe na NISR yatsinze DGIE amanota 95-86 muri Basketball
Mu cyiciro cy’ibigo bifite abakozi bari munsi y’ijana igikombe cyatwawe na NISR yatsinze DGIE amanota 95-86 muri Basketball

Mu bagore muri Basketball, mu cyiciro cy’ibigo bifite hejuru y’abakozi ijana ikipe ya CHUB yatsindiye RBC amanota 72-47 yegukana igikombe mu gihe mu cyiciro cy’ibigo bifite abakozi bari munsi y’ijana igikombe cyegukanwe na RBC yatsindiye CHUB ku mukino amanota 78-10.

CHUB yatsindiye RBC amanota 72-47 yegukana igikombe
CHUB yatsindiye RBC amanota 72-47 yegukana igikombe

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka