Iteramakofe: Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda yasinyiye BodyMax

Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umukino w’iferamakofe Niyonzima Pacifique yasinyiye ikipe ya BodyMax nk’umukinnyi wabigize umwuga avuye mu Inkuba Club.

Isinya rya Niyonzima Pacifique ryabaye ku wa Gatanu tariki 24 Mata 2026 aho bivuze ko abaye umukinnyi w’umunyamwuga nyuma yo gusinyira Bodymax aho yamenyekanye cyane mu mikino yitwayemo neza ya Shampiyona y’Isi 2025 yabereye i Dubai aho yari yagiye mu cyiciro cy’abatarabigize umwuga yabereye i Dubai ari kumwe n’ikipe y’igihugu nayo yari yitabiriye bwa mbere.

Nyuma yo gusinya amasezerano Niyonzima Pacifique yahise yerekeza i Nairobi muri Kenya ku wa Gatandatu, tariki 25 Mata 2026 mu rwego rwo gukomeza imyiteguro ye y’amarushanwa ari imbere arimo shampiyona izakomeza muri Gicurasi 2026 ndetse no gutangira urugendo rushya nk’umukinnyi wabigize umwuga.

Niyonzimama Pacifique yerekeje Bodymax Ltd asanzemo Kazungu Frank usanzwe ugenderwaho muri iyi kipe ndetse no mu ikipe y’igihugu aho ari no kwitegura umukino woswe ’Roots Uganda’ uzabera i Kampala muri Uganda tariki 2 Gicurasi 2026 mu gihe kandi iyi kipe ikomeje no kwagurira ibikorwa byayo mu Karere aho igamije gushyira abakinnyi b’Abanyarwanda ku rwego Mpuzamahanga.

Niyonzima Pacifique (Uri hagati) ari kumwe na Perezida wa BodyMax Niyonsenga Karim(Ibumoso) ubwo yari amaze gusinya
Niyonzima Pacifique (Uri hagati) ari kumwe na Perezida wa BodyMax Niyonsenga Karim(Ibumoso) ubwo yari amaze gusinya
Niyonzima Pacifique ubwo yari muri Shampiyona y'Isi 2025
Niyonzima Pacifique ubwo yari muri Shampiyona y’Isi 2025

Ibitekerezo   ( 1 )

congratulation to my captain
Nibyagaciro kubatumufite turishimye twebwe nkabamwe mubacyinny thank you

karisa franck yanditse ku itariki ya: 26-04-2026  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka