Uyu mukino wa nyuma aya makipe yawugezeho nyuma yo gutsinda imikino yabo yose y’amatsinda aho mu batarengeje imyaka 18 ku munsi wa mbere u Rwanda rwatsinze Tanzania, rugatsinda Djibouti ruyiteye mpaga mu gihe rwasoje rutsinda Kenya. Muri 1/2 u Rwanda rwakinnye na Uganda ruyisezerera rutsinze ibitego 34-30 rugera ku mukino wa nyuma w’iyi mikino mu batarengeje imyaka 18 aho rwagombaga gukina n’u Burundi.
Ku mukino wa nyuma wakinwe kuri uyu wa Gatanu, igice cya mbere cyarangiye u Rwanda ruyoboye umukino n’ibitego 20-18. Ni umukino wari ukomeye cyane urimo no guhangana byatumye igice cya kabiri cyegukanwa n’u Burundi butsinze ibitego 20 kuri 19 gusa muri rusange u Rwanda rwegukana intsinzi ku bitego 39-38 runegukanye igikombe.
Mu batarengeje imyaka 20 kandi naho u Rwanda rwatsinze imikino yose y’itsinda aho rwatangiye irushanwa neza ku wa Mbere w’iki Cyumweru rutsinda Tanzania, rukurikizaho Djibouti rusoza itsinda rutsinda Ethiopia yari iwayo, rugera muri 1/2 rwagombaga guhurira na Kenya rwasezereye ruyitsinze ibitego 41-33 n’ubundi rugomba guhura na Ethiopia ku mukino wa nyuma.
Kuri uyu mukino wa nyuma muri iki cyiciro nawo wabaye kuri uyu wa Gatanu, u Rwanda rwasoje igice cya mbere rufite ibitego 17 kuri 12 bya Ethiopia yari mu rugo. Igice cya kabiri cyihariwe na Ethiopia igitsindamo ibitego 25 mu gihe u Rwanda rwatsinzemo 22 gusa kuko rwitwaye mu cya mbere rutsinda umukino ku bitego 39-37, rwegukana igikombe.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|