Handball: APR HC yatsinze Police HC isoza umwaka usanzwe iyoboye

Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR HC yatsinze Police HC ibitego 27-25 mu mukino usoza umwaka usanzwe wa shampiyona ya Handball isoza ariyo ya mbere mu gihe hategerejwe kamarampaka.

Ni umukino wari ukomeye cyane hagati y’aya makipe ahora ahanganye muri Handball, aho yagiye gukina APR HC isabwa guhagarara ku mwanya wa mbere yari yicayeho mu gihe Police HC yasabwaga gutsinda kugira ngo iwufate.Igice cya mbere cy’uyu mukino warimo ihangana rikomeye cyarangiye anganya ibitego 12-12, kiranzwe no kwinubira imisifurire ku ruhande rw’ikipe Police HC ndetse n’abakunzi bayo.

Ni umukino uba urimo guhangana gukomeye
Ni umukino uba urimo guhangana gukomeye
Umutoza wa Police HC ntiyishimiraga bimwe mu byo abakinnyi be bakinaga
Umutoza wa Police HC ntiyishimiraga bimwe mu byo abakinnyi be bakinaga

Nk’uko byari biri kugenda mu gice cya mbere, amakipe agendana mu bitego,niko byakomeje kugenda hagenda hajyamo ikinyuranyo kitarenze ibitego bibiri. Ikipe ya Police HC yagendaga ibona amahirwe yo gutsinda ibitego ariko bamwe mu bakinnyi ba yo barimo Rwamanywa bakirangaraho. Ibi byatumye APR HC yagendaga iyobora kenshi,igera mu minota ya nyuma ariko bimeze maze biyifasha gusoza umukino yegukanye itsinzi y’ibitego 27-25.

Biteganyijwe ko imikino ya kamarampaka izatangira tariki 15 Gicurasi 2025 aho izakinwa n’amakipe yasoje umwaka usanzwe ari mu myanya ine yambere ariyo APR HC, Police HC, Musanze HC na ADEG.

Uko indi mikino yakinwe kuri iki Cyumweru yagenze:

UR RUKARA 28-35 ADEGI

UB SPORTS 47-18 NYAKABANDA

NYAKABANDA 24-42 ADEGI

GORILLAS 26-45 UB SPORTS

POLICE 25-27 APR HC

Imikino yabaye ku wa Gatandatu
Imikino yabaye ku wa Gatandatu
APR HC bashimira abakunzi babo
APR HC bashimira abakunzi babo
Abakunzi ba Handball bari bitabiriye uyu mukino uba ukomeye
Abakunzi ba Handball bari bitabiriye uyu mukino uba ukomeye
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka