Ikipe ya Rayon Sports na APR FC zamaze kumenyeshwa ko umukino wabo uzaba kuri uwo munsi saa cyenda z’amanywa, mu gihe ubusanzwe ku ngengabihe isanzwe umukino wari uteganyijwe saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Umukino washyizwe ku manywa
Kugeza ubu Rayon Sports nk’ikipe izakira umukino ntirasubiza iyi baruwa mu gihe yari yaramaze kumenyesha abakunzi bayo ko umukino uzaba saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Si Rayon Sports gusa kuko na APR FC izakirwa na yo ku mbuga nkoranyambaga zayo yari yamaze kumenyesha abafana ko uyu mukino uzaba saa kumi n’ebyiri, ndetse n’amatike yatangiye gucuruzwa yanditseho ayo masaha.


National Football League
Ohereza igitekerezo
|