Rwanda Premier League yatangaje ikirango gishya

Kuri uyu wa Mbere tariki 6 Mata 2026, Urwego rutegura rukanagenzura Shampiyona Nyarwanda y’Icyiciro cya Mbere mu mupira w’amaguru ‘Rwanda Premier League’ rwatangaje ikirango cyarwo gishya gisimbura icyari gisanzwe.

Ikirango gishya cya Rwanda Premier League
Ikirango gishya cya Rwanda Premier League

Iki kirango gikubiyemo intego, indangagaciro za Rwanda Premier League n’ibyishimo biranga abareba Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda. Hari kandi umwihariko wo gusigasira no kurinda umupira w’amaguru w’u Rwanda nk’imwe mu ntego za Rwanda Premier League, imisozi igihumbi itatse urwa Gasabo n’ingabo nk’ikimenyetso cyo kurinda umupira w’amaguru.

Iki kirango kandi gifite ishusho y’igikombe nka kimwe mu bihembo bihabwa uwahize abandi muri shampiyona gitangira gukoreshwa guhera kuri uyu wa Mbere tariki 6 Mata 2026 gisimbuye icyo Rwanda Premier League yatangiranye mu Ukwakira 2023 ubwo nayo yatangiraga gukora.

Ikirango Rwanda Premier League yari isanzwe ikoresha
Ikirango Rwanda Premier League yari isanzwe ikoresha

National Football League

Ibitekerezo   ( 1 )

Rwanda primier legwe ige itegeka ikokirangokujya kukuboko kwindyo nkuko iburayibimeze murakoze.

Kavamahanga damour yanditse ku itariki ya: 10-04-2026  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka