Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano na Skol

Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda rwasinyanye amasezerano y’imikoranire n’uruganda rwa Skol aho kuva mu mwaka w’imikino 2026-2027, ikipe ishobora kuzajya ihabwa miliyoni kuri buri mukino itsinze.

Kigali Today yamenye ko aya masezerano yasinywe hasigaye kuyatangaza, akaba ari ay’imyaka itatu y’imikino ndetse afite agaciro kangana hafi na miliyari 1 Frw, aho buri mwaka uru ruganda ruzajya rutanga agera kuri miliyoni 300 Frw narwo rukamamaza kuri buri kibuga cyabereyeho umukino wa BK Pro League ndetse rukanacuruza ibinyobwa byaryo.

Rwanda Premier League isinyanye na Skol nyuma y’uko yaherukaga gusinyana na Banki ya Kigali amasezerano y’imyaka itanu itanu afite agaciro ka miliyari eshatu n’igice yanatumye iyi banki yitirirwa shampiyona kuva mu mwaka w’imikino 2025-2026 usojwe.

Kubona abafatanyabikorwa ndetse n’abandi bakiri mu nzira byatumye hatekerezwa uburyo bwo guhemba ikipe kuri buri mukino itsinze muri shampiyona, aho iki gitekerezo cyari kimaze iminsi gishobora gutangira gushyirwa mu bikorwa mu mwaka w’imikino wa 2026-2027.

Ntabwo ari aba bafatanyabikorwa gusa kandi kuko inshuro nyinshi ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwagiye buvuga ko buri mu biganiro n’abantu benshi bifuza gukorana nabo, byose bikorwa mu rwego rwo kuzamura ruhago Nyarwanda byumwihariko Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere no kuyongerera agaciro.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka