Rayon Sports yangiwe gukorera imyitozo mu Nzove

Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025, ikipe ya Rayon Sports yangiwe gukorera imyitozo n’umuterankunga wayo mukuru Skol, aho isanzwe ikorera mu Nzove, kubera ibyo batumvikanaho.

Ibi bishingiye ku kuba Skol ishinja Rayon Sports kutubahiriza ibiri mu masezerano bafitanye ikacyira abandi baterankunga, batabanje kuganira kandi ari yo muterankunga mukuru, bikaba byatangiye ubwo Rayon Sports y’Abagore yajyaga gukora imyitozo ikangirwa kwinjira aho isanzwe ibera.

Mu masaha ya nyuma ya saa sita, saa kumi zuzuye hari hateganyijwe imyitozo y’abagabo aho abakinnyi bategereje imodoka ibajyana nk’uko bisanzwe ariko ku isaha ya saa munani n’iminota 29, mu butumwa Kigali Today ifititiye kopi bwanditswe n’Umuyobozi ushizwe ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe Mujyana Fidele, abunyuza muri Group ya WhatsApp ihurirwamo n’abakinnyi n’abatoza, yabawabiye ko nta myitozo ihari kubera ko ikibuga gifunze.

Ati "Gahunda y’imyitozo yahinutse kubera ko Skol yafunze ikibuga. Uyu munsi ni ikiruhuko nta myitozo, kuri gahunda y’ejo turabamenyesha."

Rayon Sports ibuze aho ikorera imyitozo mu gihe ku wa Gatandatu, saa kumi n’imwe z’umugoroba izakirwa n’Amagaju FC kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye, mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka