Rayon Sports itsinze Muhazi United yisubiza umwanya wa mbere (Amafoto)

Kuri uyu wa Gatandatu,hakinwe imikino itanu y’umunsi wa 24 wa shampiyona, aho Rayon Sports yari yakiriwe na Muhazi United yatsindiye i Ngoma ibitego 2-0 ikisubiza umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo.

Rayon Sports yisubije umwanya wa mbere
Rayon Sports yisubije umwanya wa mbere

Ni umukino iyi kipe yagiye gukina imaze imikino ibiri idatsinda aho kuwutsinda byari gutuma yongera gufata umwanya wa mbere iheruka gukurwa na APR FC yo yakira Etincelles FC kuri iki Cyumweru. Rayon Sports yari idafite Bugingo Hakim mu gice cya mbere yabonyemo uburyo bukomeye bwarimo ubwo ku munota wa 34 ubwo Rukundo Abdourahman yateraga ishoti rikomeye ari kure y’izamu ariko umunyezamu Amani agashyira umupira muri koruneri aho uyu musore w’Umurundi mu bihe bitandukanye yagiye agerageza uburyo bw’imipira ukomeye ariko itagize umusaruro itanga.

Ndayishimiye Richard yakinaga na Muhazi United yavuyemo
Ndayishimiye Richard yakinaga na Muhazi United yavuyemo

Muhazi United United yarwanaga no gukina irinda izamu ryayo kuyinjiza igitego nubwo byari bigoye ariko nayo kukibona byabaga bifite amahirwe macye cyane dore ko mu gice cya mbere nta buryo bukomeye yigeze ibona imbere y’izamu rya Rayon Sports. Elanga Kanga kuri Rayon Sports yakomeje gushaka uko arema uburyo ibumoso,Iraguha Hadji umaze iminsi adakina neza n’uyu munsi ,nawe abigerageza iburyo ariko ntibitange umusaruro kugeza igice cya mbere kirangiye amakipe anganya 0-0.Nyuma y’iminota icumi y’igice cya kabiri,Rayon Sports yakoze impinduka ikuramo Rukundo Abdourahman na Iraguha Hadji ishyiramo Ishimwe Fiston na Aziz Bassane impinduka zatanze umusaruro mu mikinire.

Abakunzi ba Rayon Sports bari benshi
Abakunzi ba Rayon Sports bari benshi

Ku munota wa 64 Adama Bagayogo yinjiye mu kibuga ,maze mu masegonda macye yari amaze yinjiye mu kibuga afungura amazamu kuri kufura yari itewe na Fitina Omborenga umunyezamu akuramo umupira,ariko wasubijwemo n’uyu musore. Ni igitego cyari gitanze imbaraga ku bakunzi ba Rayon Sports n’abakinnyi maze ku munota wa 67 ibona igitego cya kabiri cyatsinzwe mu buryo bwiza na Biramahire Abeddy arebye uko umunyezamu ahagaze maze akamuterera umupira ari kure y’izamu.

Bagayogo niwe wafunguye amazamu amaze amasegonda macye yinjiye mu kibuga
Bagayogo niwe wafunguye amazamu amaze amasegonda macye yinjiye mu kibuga

Abakunzi ba Rayon Sports bari basazwe n’ibyishimo byinshi,bakomeje gutiza umurindi ikipe yabo nayo yakomeje gushaka ibindi bitego. Muhazi United yakinnye bidashamaje mu gice cya kabiri yakomeje kwirwanaho ariko gukora uburyo bwabyara ibitego byo bikomeza kuba inkuru.Kapiteni Muhire Kevin,ku munota wa 89 yahaye umwanya Niyonzima Olivier Sief,winjiye hanongerwaho iminota ine kuri 90 isanzwe,yarangiye Rayon Sports yegukanye intsinzi y’ibitego 2-0.

Biramahire Abeddy yishimira igitego cyiza yatsinze
Biramahire Abeddy yishimira igitego cyiza yatsinze

Gutsinda uyu mukino byatumye Rayon Sports igira amanota 50 yongera gufata umwanya wa mbere mu gihe APR FC izakira Etincelles FC kuri iki Cyumweru iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 48.

Abarimo Perezida wa Rayon Sports bari bishimye
Abarimo Perezida wa Rayon Sports bari bishimye
Adama Bagayogo yashimiye abakunzi ba Rayon Sports n'abatoza
Adama Bagayogo yashimiye abakunzi ba Rayon Sports n’abatoza

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka