Perezida Kagame yashimye Arsenal yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

Perezida Paul Kagame yatangaje ko umukino wa kabiri wahuje Arsenal na Atletico Madrid wari ukomeye, ashimira Arsenal yawutsinze ikegukana itike yo kugera ku mukino wa nyuma w’irushanwa.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabinyujije ku rubuga rwa X nyuma y’uko Arsenal yari imaze gusezerera Atletico Madrid iyitsinze igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa 1/2 gisanga 1-1 banganyije mu mukino ubanza, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 2-1, inagera ku mukino wa nyuma yaherukagaho mu mwaka wa 2006, ni ukuvuga mu myaka 20 ishize.

Perezida Kagame yashimye umukino mwiza amakipe yombi akaba n’abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda yerekanye muri rusange ariko by’umwihariko ashimira Arsenal asanzwe akunda, kubera intsinzi yabonye, jkagera no ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.

Mu gihe kandi Arsenal itegereje ikipe bazakina umukino wa nyuma hagati ya Bayern Munich na PSG na zo zikorana n’u Rwanda, zikina umukino wo kwishyura kuri uyu wa Gatatu saa tatu z’ijoro, Umukuru w’Igihugu yifurije ikipe nziza kurusha izindi muri aba bafatanyabikorwa bose ba Visit Rwanda kuzatwara igikombe.

Umukino wa nyuma uteganyijwe tariki 30 Gicurasi 2026, i Budapest muri Hungary, saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka