Kiyovu Sports yavuye mu murongo utukura

Ikipe ya Kiyovu Sports yavuye mu makipe abiri ya nyuma ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, nyuma yo gutsindira Mukura VS i Huye 1-0 mu mukino w’umunsi wa 24.

Kiyovu Sports yatsinze Mukura VS iva mu makipe abiri ya nyuma
Kiyovu Sports yatsinze Mukura VS iva mu makipe abiri ya nyuma

Ni intsinzi yabaye ingenzi cyane kuri Kiyovu Sports yari imaze igihe kirekire iri mu myanya ibiri ya nyuma cyane cyane ku mwanya wa 15 ,imyanya ibamo amakipe abiri asubira mu cyiciro cya kabiri. Iyi ntsinzi Urucaca rwayiboneye kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye aho rwari rwasuye Mukura VS maze ku munota wa karindwi w’inyongera Twahirwa Olivier akarufasha atsinda igitego kimwe rukumbi cyaruhaye amanota atatu y’ingenzi.

Gutsinda uyu mukino byafashije Kiyovu Sports kugira amanota 27 ijya ku mwanya wa 13 dore kuba Muhazi United yatsinzwe na Rayon Sports yo yahise ijya ku mwanya wa 14 n’amanota 26 mu gihe Bugesera FC yitegura gukina na Rutsiro FC kuri iki Cyumweru yo iri ku mwanya wa 15 n’amanota 24. Mu yindi mikino ireba asubira mu cyiciro cya kabiri ikipe ya Musanze FC ubu iri ku mwanya wa cumi n’amanota 27 yanganyirije mu rugo na Vision FC ya nyuma n’amanota 20.

Marine FC yatsinze Gorilla FC 2-1
Marine FC yatsinze Gorilla FC 2-1

Marine FC mu rugo yari yabanjwe igitego na Gorilla FC,umukino yawurangije itsinze 2-1 iturutse inyuma igira amanota 27 afitwe n’amakipe ane akurikirana kuva kuva ku mwanya wa 10 kugeza kuwa 13 aho yose ubu arushwa amanota abiri na Amagaju FC yo yatsinzwe na AS Kigali ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium.

AS Kigali yatsinze Amagaju FC 2-1
AS Kigali yatsinze Amagaju FC 2-1

Shampiyona izakomeza hagati y’itariki 27 na 28 Mata 2025 ahitezwe imikino APR FC na Rayon Sports zizakinira i Rubavu zakirwa na Rutsiro FC na Etincelles FC.

AS Kigali bishimira igitego
AS Kigali bishimira igitego

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka