Uwo mukino wabaye kuri uyu wa kane tariki ya 30 Ugushyingo 2017, Isonga yatsinze Ivoire Foot Ball Academy yo muri Cote d’Ivoire, hitabajwe penariti maze Isonga itsinda 4-3.
Umukino wari warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1. Isonga niyo yari yafunguye amazamu ku munota wa kabiri maze Ivoire Foot Ball Academy iza kwishyura.
Ikipe itsinze bayibarira amanota abiri naho itsinzwe bakayibarira inota rimwe kugira ngo hazaboneke ikipe yarushije izindi amanota maze ibe ari yo yegukana igikombe cy’irushanwa.
Ku itariki ya 01 Ukuboza 2017 biteganyijwe ko Isonga FC izakina umukino wayo wa kabiri n’ikipe yo muri Ghana.
Iryo rushanwa ryatangiye kuri uyu wa kane tariki ya 30 Ugushyingo 2017, rizasozwa ku itariki ya 06 Ugushyingo 2017.
Ryitabiriwe n’amakipe y’amashuri y’umupira w’amaguru yo ku mugabane wa Afurika. Hatumiwemo n’ikipe y’ingimbi za Barcelone n’amakipe yo mu Budage.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|