Iyo kipe y’umupira w’amaguru yageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki ya 10 Ugushyingo 2017, ije gukina n’Amavubi umukino wo kwishyura hashakwa itike yo gukina imikino ya nyuma ya CHAN.
Iyo kipe yatsindiwe iwayo n’Amavubi ibitego 3-2. Umukono wo kwishyura uzaba ku cyumweru tariki ya 12 Ugushyingo 2017.
Ubuyobozi bwayo bukaba bwatangarije itangazamakuru ko bazanye intego yo gusezerera u Rwanda mu rugo; nkuko byatangajwe na Kemal Zerihun Shengeta umuyobozi w’abagize itsinda riturutse muri Ethiopia (Head Of Delegation).
Agira ati “Ubushize twatsindiwe iwacu 3-2 kubera amakosa atatu akomeye twakoze ariko ayo makosa ntazongera, twiteguye gutsinda u Rwanda tunabone itike.”
Ethiopia igiye gukina n’u Rwanda niramuka ibonye itike yo gukina imikino nyafurika ihuza ibihugu bikinisha abakina imbere mu gihugu, izaba iryitabiriye ku nshuro ya gatatu, nyuma yo kuryitabira muri 2014 na 2016.
U Rwanda narwo nirubona iyo tike ruzaba ruyibone ku nshuro ya gatatu, muri 2011 no muri 2016 ubwo rwakiraga iri rushanwa.
National Football League
Ibitekerezo ( 5 )
Ohereza igitekerezo
|
Aba Bantu bazanye gahunda imeze gutya bitwaje iki? ESE Amavubiyo aho yakoze amakosa ntiyahabonye?!!!. Gusa reaction yajye nkurikije uko umukino ubanza wagenze, Rwanda 0-0 Ethiopia.
Ethiopie tuzayitsinda 2-0
Icyonzicyo kuberimana Amavubi azatsinda tubarinyuma turabizeye Tuzabona itike murakoze turabakurikiye!
Ethiopia tuzayinyagira.ndabwoba
amavubi azabikora 2-1 kdi tubarinyuma abahungu bacu