Ejo ku Mahoro Kapiteni w’Amavubi ‘yabujijwe kwishimira intsinzi’
Ishyirahamwe ry’abahoze bakinira Ikipe y’igihugu y’Umupira w’Amaguru - Amavubi ryagaragaje imyitwarire "ritishimiye" ku bari bashinzwe umutekano kuri Sitade Amahoro, nyuma y’Umukino u Rwanda rwegukanyemo intsinzi.
Kuri uyu wa Mbere, u Rwanda rwatwatye igikombe mu mukino wa gicuti wa FIFA Series rutsinze Estonia ibitego bibiri ku busa.
Nyuma y’uyu mukino, ngo habaye akantu katari keza, maze bibabaza abahoze bakinira Amavubi.
Itangazo ry’Ishyirahamwe ryabo ryitwa FAPA rigira riti "FAPA ibabajwe cyane n’ibyabaye nijoro mu mikino ya nyuma ya FIFA Series, aho Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Djihad, ndetse na Manzi Thierry bakumiriwe n’ushinzwe umutekano (steward), abuza kwinjirana n’abana babo mu kibuga ngo bishimane nabo nyuma y’umukino."
Iri tangazo rikomeza rigira riti "Ibikorwa nk’ibi ntibihuye na mba n’icyubahiro n’agaciro abakinnyi bacu bakwiye guhabwa, cyane cyane mu bihe nk’ibi by’ishema ry’igihugu ndetse n’ibyishimo by’umukinnyi ku giti cye."
Itangazo rikomeza rigira riti "Twizera tudashidikanya ko umupira w’amaguru ukwiye guhora uzirikana umukinnyi nk’ishingiro rya byose—hubahwa imyitwarire ye mu kibuga, ariko hanitabwa ku bumuntu bwe n’ubuzima bwe bwite. Ibi ni ibihe biba rimwe mu buzima, bikwiye gusangirwa n’abo umuntu akunda mu bwisanzure busesuye."
Iri shyirahamwe y’abigeze gutera ruhago mu Mavubi, ryasabye ko habaho isuzuma ryimbitse ry’ibyabaye, hagafatwa n’ingamba zihamye "kugira ngo bene ibi bintu bitazongera kubaho ukundi."
Bagira bati "Icyubahiro, kwiyumvisha akababaro k’undi (empathy), ndetse n’ubunyamwuga bigomba kuba umusingi ugenderwaho n’abantu bose bafite aho bahuriye n’umupira w’amaguru."
Further to our statement earlier today regarding the incidents involving national team players Djihad Bizimana and Manzi Thierry—who were prevented by a security steward from entering the pitch with their children during the post-match and trophy celebrations—it is important to… https://t.co/YZbIOt4oRG
— Former Amavubi Players Association (@FAPA_Rwanda) March 31, 2026
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|