Dukeneye kugira abakinnyi ba CAF Champions League-Umutoza wa APR FC
Nyuma yo kunyagirwa n’ikipe ya Al Hilal SC ibitego 4-0, umutoza w’ikipe ya APR FC Umunya-Maroc Taleb Abderrahim yavuze ko niba ikipe yifuza gukina Champions League umwaka utaha ikeneye abakinnyi beza bo kuyikina.
Ibi yabigarutse mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’uyu mukino w’umunsi wa 30 wa Shampiyona aho yavuze ko yakinnye n’ikipe ikomeye ifite abakinnyi beza yongeraho ko niba APR FC yifuza kugera kure muri marushanwa Nyafurika ikwiriye abakinnyi bo kuri urwo rwego.
Ati "Niba dushaka gukina CAF Champions League umwaka utaha, dukeneye kugira abakinnyi ba Champions League. Niba dushaka kugera kure muri Champions League dukeneye abakinnyi bafite ubunararibonye."
Uyu mutoza kandi yavuze ko gutsindwa ibiteto bine byatewe no kuba atari afite abakinnyi batanu barimi William Togui wari ufite amakarita, Ruboneka Jean Bosco urwaye, Niyigena Clement na Ronald Ssekiganda bavunitse ndetse na Mahmadou Lamine Bah nubwo we atanakina.
Taleb kandi gukina na Al Hilal SC yavuze ko ari nko gukina n’ikipe y’igihugu ya Sudani ifitemo n’Abanyamahanga gusa yongeraho ko adahanganye n’aya makipe yo muri Sudani kuko atazatwara igikombe cya shampiyona ahubwo ahubwo ahanganye n’ayo mu Rwanda kandi ko n’ubundi APR FC ariyo izagitwara.
APR FC kugeza ubu iri ku mwanya wa gatatu muri shampiyona ariko ikaba iya mbere mu makipe yo mu Rwanda aho ifife amanota 56, irushwa na Al Hilal SC ya mbere n’amanota 11 kuko ifite 67 mu gihe Al Merrikh SC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 58.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|