Champions League: PSG isubiye ku mukino wa nyuma isezereye Bayern Munich (Amafoto)

Ikipe ya PSG yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya nyuma yo kunganya na Bayern Munich igitego 1-1, mu mukino wo kwishyura wa 1/2 wabereye mu Budage mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, iyisezerera iyitsinze ibitego 6-5 mu mikino ibiri.

PSG yageze ku mukino wa nyuma isezereye Bayern Munich muri 1/2
PSG yageze ku mukino wa nyuma isezereye Bayern Munich muri 1/2

Ni umukino waje ukurikira ubanza wabereye mu Bufaransa mu cyumweru gishize, aho ikipe ya Bayern Munich yari yahatsindiwe ibitego 5-4. Hari hitezwe n’ubundi ibitego iri joro maze, binatanga ikizere kare ubwo ku burangare burimo ab’inyuma ba Bayern Munich, Fabian Luiz yakinanaga umupira na Kvicha Kvaratskhelia wahise anyura hagati mu bakinnyi babiri maze na Fabian Luiz akamucomekera umupira ruhande rw’ibumoso.

Uyu mupira Kvicha Kvaratskhelia yawirukankanye kuri uru ruhande ari hamwe na myugariro Dayot Upamecano wari wazamutse hagati gusa utagize icyo akora kugeza binjiranye mu rubuga rw’amahina. Kvicha yawuhinduye neza maze, usanga Ousmane Dembele wari uhagaze wenyine mu rubuga rw’amahina ahita awutera mu izamu ry’umunyezamu Manuel Neur.

Amakipe yombi yakomeje kwerekana umukino mwiza abakinnyi nka Jamal Musiala batera amashoti akomeye mu izamu ariko umunyezamu Safonov wa PSG akitwara neza mu gihe Michael Olise yagerageje ishoti rikomeye ryagiye hanze. Igice cya mbere cyaranzwe n’ibyemezo by’imisifurire Bayern Munich itishimiye nk’aho Nuno Mendez yakoraga umupira n’akaboko ntahabwe ikarita y’umuhondo yari kuba iya kabiri akabona umutuku.

Harry Kane ntabwo yumvaga imisifurire
Harry Kane ntabwo yumvaga imisifurire

Ibi kandi byakurikiwe n’umupira Joao Neves yakoreye mu rubuga rw’amahina n’akaboko bigaragara ubwo mugenzi we wa PSG yari awuteye akiza izamu ariko nabwo umusifuzi avuga ko nta penaliti iratangwa ibyo Bayern Munich itumvise neza. PSG nayo yakomeje kurwana no kubona igitego cya kabiri ariko iminota 45 irangira ifite igitego 1-0, mu mikino ibiri ari 6-4.

Joshua Kimmich yereka umusifuzi ko umupira wakozwe n'akaboko
Joshua Kimmich yereka umusifuzi ko umupira wakozwe n’akaboko

Mu gice cya kabiri, ku munota wa 57 PSG yahushije uburyo bwahushijwe na Kvicha Kvaratskhelia, bongera guhusha kandi ku munota wa 65 ku buryo bwari bubonywe na Desire Doue, imipira yose yakuwemo n’umunyezamu Manuel Neuer.

Ku rundi ruhande umunyezamu Safonov wa PSG yagiye atabara iyi kipe mu bihe bitandukanye ku mipira igana mu izamu yagiye igeragezwa na Bayern Munich akayikuramo.

Iminota 90 isanzwe y’umukino yarangiye PSG igifite igitego 1-0 cyatsinzwe na Ousmane Dembele wasimbuwe na Bradley Barcola ku munota wa 65 aho uyu musore w’Umufaransa nawe yagiye agerageza amahirwe yo gushaka ibitego ariko umunyezamu Manuel Neur akamubera ibamba.

Ku minota isanzwe y’umukino hongereweho itanu. Ku munota wa gatatu w’iyi minora Harry Kane yakiriye umupira mu rubuga rw’amahina awuhawe na Alphonso Davies maze mu mwanya yari ahawe n’abakinnyi ba PSG atsinda igitego cyo kwishyura cya Bayern Munich.

Iki gitego cyari kije mu minota ya nyuma ariko ntacyo cyamariye Bayern Munich kuko umukino warangiye amakipe yombi anganyije 1-1, PSG isezerera Bayern Munich ku giteranyo cy’ibitego 6-5 dore ko mu mukino ubanza yari yatsinze 5-4, igera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions 2025-2026.

Bayern Munich yagiye igaragaza kutishimira imisifurire inshuro nyinshi
Bayern Munich yagiye igaragaza kutishimira imisifurire inshuro nyinshi

PSG yanegukanye Champions League ya 2024-2025, ku mukino wa nyuma uzabera kuri Puskas Arena i Budapeste muri Hungary tariki 30 Gicurasi 2026, Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba izahura na Arsenal yasezereye Atletico Madrid ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino ibiri.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka