CECAFA: Kenya izakina na Tanzania, Zambia ikine na Sudan muri ½ cy’irangiza

Mu mikino y’igikombe cya CECAFA irimo kubere muri Kenya igeze muri ½ cy’irangiza aho Kenya yasezereye u Rwanda izahura na Tanzania yasezereye Uganda, naho Zambia yasezereye u Burundi igakina na Sudan yasezereye Ethiopia.

Ikipe y’igihugu ya Kenya niyo yabaye iya mbere mu kubona itike yo kuzakina ½ cy’irangiza. Nyuma yo gutsinda u Rwanda igitego 1-0 muri ¼ cy’irangiza, yahise imenya ko izahura na Tanzania, nayo yakoze akazi gakomeye ko gusezerera Uganda ifite ibikombe 13 bya CECAFA ikaba ari nayo yari ifite igiheruka.

Andi makipe agomba gukina ½ yamenyekanye ku cyumweru tariki ya 8/12/2013. Zambia yaje muri iyo mikino ku butumire, yakomeje umuvuduko wo kwitwara neza, isezerera u Burundi ariko hitabajwe za penaliti.

Iminota yagenewe umukino yarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa, hitabajwe za penaliti Zambia yinjiza 4-3 ikomeza ityo muri ½ cy’irangiza.

Muri ½ cy’irangiza, Zambia izakina na Sudan yasezereye ku cyumweru Ethiopia iyitsinze ibitego 2-0. Igitego Salahdin Barcecho wa Ethiopia yitsinze ndetse n’icya kabiri cya Sudan cyatsinzwe na Salah Mouhamed umaze kugwiza ibitego bine, byatumye iyo kipe igera muri ½ cy’irangiza.

Umukino wa mbere wa ½ cy’irangiza uzahuza Kenya na Tanzania ku wa kabiri tariki ya 10/12/2013 ukazabera kuri Stade ya Machakos guhera saa saba, naho uwa Sudan na Zambia ukazabera i Mombasa guhera saa cyenda.

Amakipe azatsinda muri ½ cy’irangiza niyo azakina umukino wa nyuma uzaba tariki ya 12/12/2013, ukazabanzirizwa n’uwo guhatanira umwanya wa gatatu uzahuza amakipe azaba yarasezererwe muri ½ cy’irangiza.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

azisubirraho

cyusa bonner fisito yanditse ku itariki ya: 12-12-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka