Biyari: RGP yegukanye Rwanda Cue Kings Championship

Ikipe ya RGP yegukanye Igikombe cya shampiyona Biyari ’Rwanda Cue Kings Championship’ yakinwaga ku nshuro ya gatatu aho yahigitse amakipe 15 yari yitabiriye arimo Drums yari imaze kuyitwara inshuro ebyiri.

RGP yegukanye Rwanda Cue Kings Championship yakinwaga ku nshuro ya gatatu
RGP yegukanye Rwanda Cue Kings Championship yakinwaga ku nshuro ya gatatu

Aya makipe yari agabanyije mu matsinda ane aho itsinda rya mbere ryari ririmo amakipe ane ryazamutsemo ikipe ya Drums yariyoboye, RGP yatwaye igikombe iyobora irya kabiri naryo ryari rigizwe n’amakipe ane, Snipers iyobora itsinda rya gatatu ryari rigizwe n’amakipe ane mu gihe Eza Breakers yayoboye itsinda rya kane ryari rigizwe n’amakipe atatu.

Mu mikino ya 1/2 cy’iri rushanwa ryakinwe hagati y’itariki 16 na 18 Mutarama 2026, ikipe RGP mbere yo kugera ku mukino wa nyuma yahatsindiye Drums, ku rundi ruhande isangwa ku mukino wa nyuma na
Eza Breakers yatsindiye Snipers muri 1/2. Kuri uyu mukino wa nyuma utari woroshye, RGP yahatsindiye Eza Breakers yegukana igikombe inahabwa igihembo cya miliyoni 1 Ftw mu gihe Eza Breakers ya kabiri yahawe ibihumbi 700 Frw naho Snipers yabaye iya gatatu itsinze Drums ihabwa ibihumbi 400 Frw.

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Biyari mu Rwanda Shema Jean Claude yavuze ko "Twishimiye intambwe iri guterwa mu mikino wa Billiards mu Rwanda. Nyuma yo gutegura neza shampiyona ya gatatu ya Rwanda Cue Kings Championship, ahazaza hasa neza cyane, byongeye kandi ubu turi mu nzira yo kwandikisha ishyirahamwe mu buryo bwemewe n’amategeko, kandi muri iki gihe cy’impeshyi rizaba ryanditswe mu Rwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB)."

Abarimo Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umukino wa Biyari mu Rwanda Shema Jean Claude(Ubanza ibumoso) bari bakurikiye iyi mikino
Abarimo Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Biyari mu Rwanda Shema Jean Claude(Ubanza ibumoso) bari bakurikiye iyi mikino

Shampiyona ya Biyari mu Rwanda yakinwe bwa mbere muri Kamena 2025 yegukanwa n’ikipe ya Drums, yongera no kuyisubiza ubwo yakinwaga ku nshuro ya kabiri muri Nzeri 2025 mu gihe muri uyu mwaka, hari gutegurwa gahunda yagutse yo kuzenguruka intara zose z’igihugu hategurwa amarushanwa.

Uko amakipe yari agabanyije mu matsinda
Uko amakipe yari agabanyije mu matsinda

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka