Ni irushanwa biteganyijwe ko rigomba gukinwa ku matariki ya 12, 14 ndetse na 25 Nzeri 2019, rikazitabirwa n’amakipe ane yaje imbere muri Shampiyona 2018/2019 ari yo Rayon Sports, APR Fc, Mukura na Police FC.
APR FC ifite abakinnyi umunani mu Mavubi
Ikipe ya APR FC kugeza ubu yamaze kwandikira ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ibamenyesha ko itazitabira iyi mikino, kubera imvune bakuye mu mikino ya gisirikare, ndetse n’abakinnyi 8 ifite mu ikipe y’igihugu.
APR Fc ntizakina irushanwa ry’Agaciro
Ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Interineti, yatangaje ko ifite umubare muto w’abakinnyi bitatuma ibasha kwitabira aya marushanwa , ubu hakaba hategerejwe umwanzuro wa FERWAFA niba izasimbuza APR FC ikipe ya Kiyovu Sports yabaye iya gatanu.
Ibaruwa APR FC yandikiye FERWAFA
National Football League
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
|
Ko batinye se?