Al Hilal SC yageze muri 1/4 cya CAF Champions League itsinze FC Saint-Éloi Lupopo(Amafoto)
Ikipe ya Al Hilal SC ikatishije itike ya 1/4 mu mukino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo CAF Champions League 2025-2026, nyuma yo gutsinda ikipe ya FC Saint-Eloi Lupopo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo 1-0, mu mukino w’umunsi wa nyuma, wabereye kuri Stade Amahoro i Remera.
Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Gashyantare 2026 hanasozwa
imikino yo mu itsinda rya gatatu Al Hilal SC itsinda FC Saint-Eloi Lupopo 1-0 cyatsinzwe na Steven Ebuela ku munota wa 25, naho muri Afurika y’Epfo Mamelodi Sundowns itsinda MC Alger 2-0, mu mikino yatangiye Saa Cyenda z’amanywa.
Nyuma yo gutsinda uyu mukino Al Hilal SC yahise iyobora iri tsinda n’amanota 11 mu mikino itandatu yakinnye, Mamelodi Sundowns ifata unwanya wa kabiri n’amanota icyenda, MC Alger iba iya gatatu n’amanota arindwi naho FC Saint-Eloi Lupopo isoreza ku mwanya wa nyuma n’amanota atanu.
Mu mikino itandatu yakinnye iyi kipe yo muri Sudani ikinira mu Rwanda yatsinzemo itatu, ingaanyamo ibiri itsindwa umukino umwe, ku ikubitiro yatangiye yakira MC Alger ititsinda 2-1, hano i Kigali, ikurikizaho FC Saint-Eloi Lupopo banganya 1-1, umukino w’umunsi wa gatatu yanganyije na Mamelodi Sundowns 2-2 umukino wabereye muri Afurika y’Epfo.
Imikino yo kwishyura yayifunguye ikina na Mamelodi Sundowns hano kuri Stade Amahoro umukino urangira itsinze 2-1, ikomereza kuri MC Alger itsindirwa yo 2-1, isoza iyi mikino itsinda FC Saint-Eloi Lupopo 1-0. Muri iyi mikono uko ari itandatu iyi kipe yatsinzemo ibitego icyenda itsindwamo birindwi, bivuze ko izigamye ibitego bibiri.
Al Hilal SC gusoza iyoboye itsinda ry’imikino ya CAF Champions League ibikoze ubwa kabiri yikurikiranya kuko no mu mwaka w’imikino wa 2024-2025 yasoje iyi mikino iyoboye rya mbere n’amanota 10, aho yari iri kumwe na MC Alger, Young Africans SC na TP Mazembe.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|