Kuri uyu wa Gatanu shampiyona y’icyiciro cya mbere irakomeza, aho umwe mu mikino utegerejwe ari uzahuza Vision FC na Kiyovu Sports zirwana no kutamanuka
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane w’i Burayi, ishobora gukora impinduka mu mategeko ya Champions League kuva 2025-2026 by’umwihariko mu cyiciro cyo gukuranamo,harimo gukuraho iminota 30 y’inyongera, ndetse no gushingira ku mwanya ikipe yagize, hakirwa umukino wo kwishyura nk’ingingo yazamuwe na Arsenal.
Umutoza wa Mukura Victory Sports et Loisirs FC, Afahmia Lotfi yatangaje ko kuba iyi kipe yarageze mu makipe ane ya nyuma ahataniye Igikombe cy’Amahoro cya 2025, ari intambwe ihagije, ndetse ko itanakinnye umukino wa nyuma ngo ibe yatwara igikombe nta kibazo cyaba kibirimo.
Kuri uyu wa Kabiri, Ikipe ya Mukura VS kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye yahanganyirije na Rayon Sports 1-1 mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wakinwe iminsi ibiri kubera amatara.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" na Algeria bemeranyijwe umukino wa gicuti uzabera muri Algeria muri Kamena 2025
Kuri iki Cyumweru,ikipe ya APR FC yanganyirije na Etincelles FC kuri Kigali Pele Stadium, ibitego 2-2 itakaza umwanya wa mbere wasubiranywe na Rayon Sports.
Ikipe ya Rayon Sports yemeye gusubukura umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wayihuje na Mukura VS ku wa 15 Mata 2025, ugahagarikwa no kuzima kw’amatara ya Stade Mpuzamahanga ya Huye.
Komisiyo y’Ubujurire muri FERWAFA yatesheje agaciro ubujurire bwa Rayon Sports yari yajuririye icyemezo cyo gusubukura umukino ubanza w’Igikombe cy’Amahoro wayihuje na Mukura VS nturangire kubera amatara yazimye,isaba gutera mpaga.
Ikipe ya Kiyovu Sports yavuye mu makipe abiri ya nyuma ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, nyuma yo gutsindira Mukura VS i Huye 1-0 mu mukino w’umunsi wa 24.
Kuri uyu wa Gatandatu,hakinwe imikino itanu y’umunsi wa 24 wa shampiyona, aho Rayon Sports yari yakiriwe na Muhazi United yatsindiye i Ngoma ibitego 2-0 ikisubiza umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo.
Nyuma y’uko ku wa 17 Mata 2025, hafashwe umwanzuro ko umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro Mukura VS yakiriyemo Rayon Sports kuri Stade Mpuzamahanga amatara akazima utarangiye ukazasubukurirwa aho wari ugeze, Rayon Sports yavuze ko itazakina.
Umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wa Mukura VS na Rayon Sports wahagaze kubera izima ry’amatara kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye byemejwe ko uzasubirwamo tariki 22 Mata 2025,aho wari wabereye ukanakomereza ku munota wari ugezeho.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu,ikipe ya Arsenal yasezereye Real Madrid muri 1/4 cya UEFA Champions League,iyitsinze 2-1 igera muri 1/2 yaherukagamo mu 2009.
Kuri uyu wa Gatatu,Irambona Gisa Eric wakiniye Rayon Sports imyaka irindwi yagizwe Umuyobozi wayo ushinzwe imiyoborere y’Umupira w’Amaguru.
Ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, izambara ikirango cya Visit Rwanda ku kuboko mu Gikombe cy’Isi giteganyijwe mu mpeshyi ya 2025 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’imwe mu ngingo ikubiye mu masezerano mashya azageza mu 2028 yongerewe hagati yayo n’u Rwanda.
Kuri uyu wa Kabiri,Umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro 2024-2025 wasubitswe wahuzaga Mukura VS na Rayon Sports kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye wasubitswe nyuma y’iminota 27 kubera amatara yazimye.
Mu gihe yitegura gusura Mukura VS mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro,ikipe ya Rayon Sports yahagaritse umutoza mukuru Robertinho na Mazimpaka André utoza abanyezamu.
Kuri uyu wa Gatandatu,ku nshuro ya mbere muri shampiyona 2024-2025 ikipe ya APR FC yicaye ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsindira Bugesera FC iwayo 1-0,Rayon Sports yari iwufite ikanganyiriza na Marine FC 2-2 i Rubavu.
Kuri uyu wa Kane,Munyakazi Sadate wayoboye Rayon Sports hagati ya 2019 na 2020,yongeye kwibutsa Aba-Rayons ko ariwe wayigira igitangaza avuga ko yifuza kuba nyira yo aho ku ikubitiro yayishoramo miliyari 5 Frw zizazamuka zikagera ku icumi.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru irakomeza mu mpera z’iki Cyumweru, aho Rayon Sports ya mbere yerekeza i Rubavu, APR FC ya kabiri ikerekeza i Bugesera
Akanama Ngengamyitwarire muri FERWAFA katumije abahagarariye amakipe ya Kiyovu Sports na Musanze FC mu nama yiga ku majwi y’umutoza Mugiraneza Jean Baptiste Miggy wasabye umukinnnyi wa Musanze FC kwitsindisha iteganyiwe ku wa 6 Mata 2025.
Ishuri ry’Umupira w’Amaguru rya Debes Football Academy ryegukanwe irushanwa ryo gushakisha impano z’abakiri bato ryateguwe Children And Youth Sports Academy, abaryitabiriye basaba ko habaho amarushanwa menshi muri iki cyiciro.
Kuri iki Cyumweru,hakomeje gukinwa imikino y’umunsi wa 22 wa shampiyona aho APR FC bigoranye yatsindiye Vision FC kuri Kigali Pele Stadium 2-1 igakomeza gusatira Rayon Sports mu manota mu gihe Kiyovu Sports yo yahatsindiye Police FC 1-0.
Ikipe ya Mukura VS yakinnye neza yatsindiye Rayon Sports itakinnye neza kuri Stade Amahoro igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona,itsindira mu rugo no hanze muri uyu mwaka w’imikino.
Umudage Frank Spittler uheruka gutoza Amavubi ariko ntiyongererwe amasezerano yavuze ko mu biganiro byo kongera amasezerano atigeze asaba gukubirwa kabiri umushahara nk’uko byavuzwe cyangwa gusaba ko igihe kinini yajya akimara mu Budage.
Kuri uyu wa Kabiri Amavubi yanganyije na Lesotho kuri 1-1 mu mukino w’umunsi wa gatadatu wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 abura amahirwe yo kwiyunga n’Abanyarwanda bayishyigikiye mu mikino ibiri akinnye Stade Amahoro yuzuye.
Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025 nyuma yo gutsinda Inyemera WFC 2-1 mu mukino w’umunsi wa 20 wabaye kuri uyu wa Gatandatu.
Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, Paul Muvunyi, yavuze ko abavuga ko muri iyi kipe harimo kutumvikana atari ko bimeze kuko ubu bari hamwe kurusha ikindi gihe byigeze kubaho.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe y’Igihugu ya Nigeria yatsindiye Amavubi ibitego 2-0 kuri Stade Amahoro yuzuye igapfuka, mu mukino w’umunsi wa gatanu wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, wanarebwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.