Ikipe ya Rutsiro FC itsinze Al-Hilal ibitego 2-1 iba ikipe ya mbere muri Rwanda premier league ishoboye gukura amanota atatu kuri iyi kipe.
Ikipe ya Bugesera FC yongeye gusubira Rayon Sports iyitsinda ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona ya Rwanda Premier League wabereye mu karere ka Bugesera
Ikipe ya APR FC igabanye amanota na Gorilla FC nyuma yo kunganya ubusa ku busa, mu mukino w’umunsi wa 11 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele stadium
Ikipe ya Al-Hilal yo mu gihugu cya Sudan itsinze ikipe ya Bugesera FC ibitego 3-1 ikomeza kwigira imbere ku rutonde rwa shampiyona.
Kuri uyu wa Gatanu i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika habereye tombola y’uko amakipe azakina mu Gikombe cy’Isi 2026 cyizakirwa niki gihugu , Canada na Mexico isiga Brazil na Maroc mu itsinda rimwe ndetse na Senegal mu itsinda rimwe n’Ubufaransa.
Perezida wa Komite y’inzibacyhuho ya Rayon Sports Murenzi Abdallah yavuze ko iyi kipe ikeneye miliyoni ziri hagati y’i 150 Frw na 200 Frw kugira ngo yiyubake mu gihe ifite amadeni ya miliyoni zisaga 260 Frw.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani yatsinze umukino wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda 2025-2026, itsinda Gasogi United ibitego 2-0.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, mu mpera z’icyumweru gishize yarakomeje hakinwa umunsi wa cyenda, APR FC inganya na AS Kigali, na Rayon Sports ibikora gutyo inganya na Gicumbi FC, Police FC inganya na Musanze.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports bigoranye yanganyije na Gicumbi FC 1-1 mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona, AS Muhanga na Gasogi United zibonera intsinzi hanze.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya APR FC yanganyije na AS Kigali igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium.
Bigirimana Abedi ukina hagati muri Rayon Sports agiye kumara ibyumweru bitatu adakina kubera imvune.
Perezida Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal nyuma yo gutsinda Bayern Munich yo mu Budage ibitego 3-1, mu mukino w’umunsi wa Gatanu wa UEFA Champions.
Nyuma yo guhagarikwa imikino ibiri ndetse akanamburwa igitambaro cya kapiteni wa Kiyovu Sports ashinjwa imyitwarire mibi, Amiss Cedric yasabye imbabazi abakunzi b’iyi kipe avuga ko ibyabaye wari umujinya usanzwe.
Dr Rubagumya Emmanuel utemera ubuyozi bushya bw’ikipe ya AS Kigali yari abereye Perezida w’agateganyo mu byo yamesheje Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere uru rwego harimo amadeni afitwe n’iyi kipe ndetse anikoma Shema Ngoga Fabrice yabereye Visi Perezida mbere y’uko ajya kuyobora FERWAFA.
Ikipe ya Kiyovu Sports yahagaritse imikino ibiri Amiss Cedric adakina ndetse inamwambura inshingano zo kuba kapiteni wayo.
Murenzi Abdallah wigeze kuyobora Rayon Sports, yagizwe Umuyobozi wayo w’Agateganyo asimbuye Twagirayezu Thaddee wari umaze umwaka ari Perezida nyuma y’uko inzego zose bari batoranywe zisheshwe.
Ikipe ya APR FC yatsinze bigoranye Marine FC ibitego 2-1 mu mukino w’ikirarane cyo ku munsi wa mbere wa shampiyona wakinwe kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium.
Nyuma y’uko ikipe ya AS Kigali ibonye ubuyobozi bushya ku wa 23 Ugushyingo 2025, Dr Rubagumya Emmanuel wari Perezida w’agateganyo yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere avuga ko amatora yabaye hadakurikijwe amategeko.
Nyuma yo kwemererwa gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, ikipe ya Al-Merrikh yo muri Sudani, yatangiye itsindira Kiyovu Sports kuri Kigali Pele Stadium ibitego 2-0 mu mukino wakinwe kuri uyu wa Mbere.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, Rwanda Premier League yarakomeje mu mpera z’icyumweru gishize hakinwa umunsi wa munani waranzwe no kurumbuka kw’ibitego ndetse no gutsindwa kwa APR FC na Rayon Sports.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yatsindiwe na AS Kigali ibitego 2-0 kuri Kigali Pelé Stadium mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona, wabaye uwa kabiri wikurikiranya itsinzwe.
Kuri iki Cyumweru,Rindiro Jean Chrysostome yatorewe kuyobora ikipe ya AS Kigali asimbuye Shema Ngoga Fabrice wagiye kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda.
Mugabe Bonnie wari ushinzwe umutekano ku bibuga mu Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yagizwe Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Musanze FC yanyagiriye APR FC kuri Stade Ubworoherane ibitego 3-2 mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona.
Ikipe ya Al Hilal yo muri Sudani yatangiye imikino y’amatsinda CAF Champions League 2025-2026, itsindira MC Alger ibitego 2-1 kuri Stade Amahoro, mu mukino wasojwe n’imvururu nyinshi abakinnyi bashyamirana ku mpande zombi.
Kuri uyu wa Gatatu, Impuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru muri Afurika yatanze uburenganzira bwo gukina shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 ku makipe yo muri Sudan Al Hilal Omdurman na Al-Merrikh SC zimaze igihe zibisabye.
Kuri uyu wa Gatatu, Depite Nizeyimana Pie yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere guhagurukira ikibazo cya Rayon Sports kuko abakunzi bayo bakwiriye kurindwa agahinda.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru muri Afurika(CAF) yatangaje impinduka mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2027, kizabera mu bihugu bitatu Uganda,Kenya na Tanzania.
Nyuma y’imyaka umunani u Rwanda rutangiye ubufatanye n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza binyuze muri Visit Rwanda, kuri ubu impande zombi zatangaje ko zemeranyije binyuze mu bwumvikane guhagarika amasezerano y’imikoranire, mu mpera z’uyu mwaka w’imikino 2025/2026.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatandukanye n’Umunya-Tunisia Mohamed Chelly wari wayigezemo mu mpeshyi y’uyu mwaka.