BAL: RSSB-Tigers iresurana na Al Ahly, Imikino ya 1/2, iratangira kuri uyu wa gatatu
Imikino ya Basketball Africa League (BAL) irakomeza hakinwa imikino ya 1/2 aho RSSB Tigers yo mu Rwanda iza gu cakirana na Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri.
Amakipe ya RSSB Tigers, Al Ahly Benghazi, Petro du Luanda ndetse na Al Ahly niyo aza gutangira urugendo rw’imikino ya 1/2 mu mikino ya nyuma ya BAL ikomeje kubera I kigali. Ni ubwa mbere ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda igeze muri iki cyiciro cyane ko ari n’inshuro yayo ya mbere yitabira iri rushanwa rya BAL nyuma yo ku ryinjiramo ku munota wa nyuma isimbuye ikipe ya APR BBC yikuyemo.
Petro de Luanda yo muri Angola, yinjiye muri iyi mikino ya 1/2 ifite agahigo ko kuba ikipe yakinnye imikino ya 1/2 inshuro esheshatu yikurikiranya naho kurusha izindi muri iri rushanwa.
Uko urugendo rw’imikino ya 1/4 rwagenze
Ikipe ya Al Ahly yo mu Misiri niyo yabimburiye izindi nyuma yo gutsinda ikipe ya Ville de Dakar yo muri Senegal yari yitabiriye ku nshuro ya mbere amanota 87-76 mu mukino wo kwishyura maze biyihesha itike yo gukina imikino ya 1/2 nyuma y’uko yari yatsizwe umukino ubanza amanota 93 kuri 90 ariko Ville de Dakar nti yabasha kwihagararaho bityo, Al Ahly ikomeza ku kinyuranyo cy’amanota.
RSSB-Tigers iri mu rugo, niyo yabaye iya kabiri mu kwinjira mı mikino ya 1/2 nyuma yo gusezerera ikipe ya FUS Rabat yo mu gihugu cya Maroc ku kinyuranyo cy’amanota 22, kabone nubwo RSSB yari yatsinzwe umukino wa kabiri amanota 99 kuri 98 ibi ariko ntacyo byafashije ikipe ya FUs Rabat kuko RSSB Tigers yari yayitsinze amanota 95 kuri 72 mu mikino ubanza.
Al Ahly yo muri Libya yabaye ikipe ya gatatu yageze muri 1/2 nyuma yo gusezerera Club Africain yo muri Tunisia imikino yombi, ubanza n’uwo kwishyura, 88-87 mu mukino ubanza ndetse na 98-80 mu mukino wo kwishyura biyihesha itike yo kwerekeza mu mikino ya 1/2 iza gutangira kuri uyu wa gatatu.
Petro de Luanda niyo yabonye itike y’imikino ya 1/2 nyuma y’izindi nyuma yo gusezerera ikipe yakipe ya Dar City yo muri Tanzania yari initabiriye ku nshuro yayo ya mbere aho ikipe yakipe ya Petro de Luanda yakuyeho ikinyuranyo cy’amanota umunani yari yaratsinzwe mu mukino ubanza wa 1/4 cy’iyi mikino itsinda Dar City amanota 83-69 maze igera muri 1/2 cy’irangiza cya BAL ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya. Iyi kipe yo muri Angola yatwaye iki gikombe mu 2024 itsindirwa ku mukino wa nyuma inshuro ebyiri mu 2022 na 2025.
Imikino ya 1/2 irakinwa kuri uyu wa Gatatu no kuwa Kane, aho RSSB Tigers iza gu cakiranan na Al Ahly yo mu Misiri ku isaha ya Saa 19:00 naho kuwa Kane Petro de Luanda yakire Al Ahly yo muri Libya bishakamo amakipe abiri agera ku mukino wa nyuma uzakinwa ku Cyumweru tariki 31 Gicurasi 2026. Uretse RSSB Tigers igeze 1/2 kunshuro ya mbere andi yose yakinnye imikino ya 1/2 ndetse yose yanakinnye umukino wa nyuma.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|