Nkurayija Ishimwe Hubert wari usanzwe ari Umuhuzabikorwa wa Tour du Rwanda anakurikirana ibikorwa byayo byose yatowe kuri iki Cyumweru aho yiyamamazaga ari umukandida umwe rukumbi agatorwa ku majwi 10 mu bantu 11 batoye.
Nkurayija si mushya mu magare kuko kuko uretse kuba Umuhuzabikorwa wa Tour du Rwanda kuva mu Ukuboza 2025, yari yarakoze muri iri siganwa mbere yaho aho yari ashinzwe ibijyanye no kwemera abitabira isiganwa akanatanga ubufasha mu bijyanye n’ikoranabuhanga.
Ishimwe Hubert kandi yanabaye umukinnyi w’amagare n’Umuyobozi wa Team Amani mu Rwanda, ari mu bagize uruhare ngo irushanwa rya Rwanda Youth Racing Cup rizamure urwego, aho rigamije guteza imbere impano z’abakiri bato mu gihugu.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
|
Ni bite kubakinnyi bamagare bahora bataka ko batitabwaho