Niyonkuru Samuel na Nzayisenga Valentine begukanye Shampiyona y’igihugu y’Amagare 2026(Amafoto)

Niyonkuru Samuel ukinira ikipe ya Amani na Nzayisenga Valentine ukinira Benediction Club mu bagore nibo begukanye Shampiyona y’igihugu y’Amagare 2026 mu isiganwa ryo mu muhanda (Road Race) ryakinwe kuri iki Cyumweru.

Iyi shampiyona yakinwe mu mpera z’iki cyumweru aho ku wa Gatandatu hakinwe agace ko gusiganwa n’isaha umuntu ku giti cye mu bagabo katwawe na Niyonkuru Samuel mu gihe mu bagore Mwamikazi Djazilla ariwe wagatwaye.

Kuri iki Cyumweru, hari hatahiwe isiganwa ryo mu muhanda aho mu bagabo ryahagurukiye i Batsinda ku ntera y’ibilometero 158 banyuze Shyorongi-Base-Gicumbi-Rukomo-Nyacyonga bagasoreza i Batsinda. Niyonkuru Samuel yongeye kwihesha ikuzo aba ariwe uhiga abandi aza ku mwanya wa mbere.

Niyonkuru Samuel
Niyonkuru Samuel

Mu bagore shampiyona yatwawe na Nzayisenga Valentine ukinira ikipe ya Benediction Club aho intera y’ibilometero 115 yahagurukiye ku Kirenge mu karer ka Rulindo igasorezwa Batsinda, yegukanye umwanya wa mbere akoresheje amasaha atatu, iminota 19 n’amasegonda 21. Valentine yakurikiwe na Ingabire Diane nawe ukinira Benediction yarushije iminota itatu n’amasegonda 20 mu gihe Nirere Xaverine ukinira ikipe ya Amani we baye uwa gatatu arushwa n’uwa mbere iminota itatu n’amasegonda 21

Nzayisenga Valentine
Nzayisenga Valentine

Mu bangavu, Donatha Akimana ukinira Ngarama Sports Academy niwe wahize abandi aho mu gusiganwa intera y’ibilometero 62 yakoresheje amasaha abiri, iminota irindwi n’isegonda rikwe akurikirwa na Masengesho Yvonne wa Black Mamba banganyije ibihe ndetse na Kanyange Zawadi wa Bugesera Cycling Team wabaye uwa gatatu arushwa n’uwa mbere amasegonda icumi.

Donatha Akimana
Donatha Akimana

Mu ngimbi Pacifique Byusa ukinira Les Amis Sportifs niwe wabaye uwa mbere mu gusingwa intera y’ibilometero 115.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka