Kuri iki Cyumweru ikipe ya APR FC yatsindiye Rwamagana City i Bugesera ibitego 4-1 ifata umwanya wa mbere mu gihe hasigaye umukino umwe wa shampiyona. Ikipe ya APR FC yatangiye ikina neza irusha Rwamagana City itahuzaga umukino, ahubwo igakunda gutakariza umupira mu kibuga cyayo. Byatumye ku munota wa kabiri APR FC ibona (…)
Ikipe ya Kiyovu Sports ntiyahiriwe n’umunsi wa 29 wa shampiyona nyuma yo gutsindwa na Sunrise igitego kimwe ku busa, bituma itakaza umwanya wa mbere.
Nyuma y’uko ku wa Gatandatu tariki 20 Gicurasi 2023 ikipe ya Arsenal itsinzwe na Nottingham Forest 1-0, ikipe ya Manchester City yahise yegukana igikombe cya shampiyona 2022/2023 n’ubwo yatsindwa imikino ibiri isigaranye.
Ikipe ya Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu, REG Basketball Club, yongeye gusezererwa muri 1/4 mu mikino ya nyuma ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu mikino ya Basketball muri Afurika, BAL 2023.
Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball muri Afurika, BAL, ryatangaje abahanzi bazasusurutsa iri rushanwa rigeze mu mikino yaryo ya nyuma yatangiye kuri uyu wa Gatandatu.
Nyuma y’umwaka yari imaze imanutse mu cyiciro cya kabiri, Etoile de l’Est FC yongeye kuzamuka mu cyiciro cya mbere izamukanye n’Amagaju FC yari imaze imyaka ine idakina icyiciro cya mbere.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeye uburangare rinasaba imbabazi Abanyarwanda kubera gukinisha Muhire Kevin utari wemerewe gukina umukino u Rwanda rwakiriyemo Benin, bikaruviramo guterwa mpaga.
Amakipe ya APR VC y’abagore na REG VC y’abagabo ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Volleyball CAVB Club Championship, yose, yasezerewe atarenze kimwe cya kane (¼), inzozi zo kwegukana umudari zishyirwaho akadomo.
Mu gihe habura iminsi itageze no ku kwezi ngo irushanwa mpuzamahanga ngaruka mwaka ryo gusiganwa ku maguru ryitiriwe amahoro rya Kigali ribe, hamenyekanye bimwe mu bihangange bitegerejwe I Kigali.
Imikino ibiri y’umunsi wa 29 wa shampiyona yagombaga kubera I Bugesera kuwa Gatandatu no ku Cyumweru yimuriwe kuri Kigali Pele Stadium inahindurirwa amasaha.
Ikipe ya Manchester City yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League itsinze Real Madrid 4-0 mu mukino wo kwishyura wa 1/2 wabaye ku wa Gatatu tariki 17 Gicurasi 2023.
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania, ku wa Gatatu yakoze amateka igera ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya CAF Confederations Cup, isezereye Marumo Gallants yo muri Afurika Y’Epfo.
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukina hagati mu kibuga Djihad Bizimana, kuri uyu wa Gatatu ikipe ya KMSK Deinze yakiniraga mu Bubiligi yatangaje ko ari mu bakinnyi itazakomezanya na bo.
NESPAL GIDEON ANGIRO ukomoka mu gihugu cya Uganda yamze kwerekeza mu ikipe ya APR VC ikina mu cyiciro cya mbere muri shampoyona ya hano mu Rwanda.
Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi) yatewe mpaga mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 yari yanganyijemo na Benin.
Ikipe ya Inter Milan yo mu Butaliyani igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League 2022-2023 isezereye Milan AC basangiye Igihugu. Ibi Inter Milan ibigezeho mu mukino wabereye kuri stade ya Giuseppe Meazza nyuma y’uko mu mukino wo kwishyura wa ½ yari yakiriyemo Milan AC basangiye umujyi ndetse na stade yayitsinze (…)
Mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo CAVB club championship 2023 ikomeje kubera mu gihugu cya Tunisiza, Ikipe ya APR y’abagore (APR WVC) yabonye itsinzi mu gihe ikipe ya REG VC yo itahiriwe n’umunsi wa 2.
Mu mpera z’icyumweru gishize, mu Karere ka Nyaruguru hasojwe irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu mukino ukomatanyije unzwi nka Triathlon ryiswe ‘Race to Remember Nyaruguru Duathlon Challenge 2023’, aho Ngendahayo Jérémie na Mutimukeye Saidat bari mu bitwaye neza.
Kuri uyu wa Mbere, Inama y’Inteko rusange idasanzwe yateranye, yemeje ko Habyarimana Marcel Matiku ari we ukomeza kuyobora FERWAFA mu gihe kingana n’iminsi 39.
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu mupira w’amaguru w’abagore itsinze ikipe y’Indahangarwa kuri penariti 4-3 mu mukino warangiye ari igitego 1-1 kuri Stade ya Bugesera.
Kuri iki Cyumweru tariki 14 Gicurasi 2023, ikipe ya APR FC yatsinze Kiyovu Sports ibitego 2-1 mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wabereye kuri Kigali Pelé Stadium igera ku mukino wa nyuma.
Nyirabarame Epiphanie ni umwe mu Banyarwandakazi bagiriye ibihe byiza mu isiganwa ry’amaguru, atwara imidari myinshi ya zahabu mu marushanwa yo kwiruka yagiye abera mu Rwanda no mu mahanga.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports isezereye Mukura VS ikatisha itike yo gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro yaherukaga gukina 2018.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ritangaza ko umwanya wa kabiri muri shampiyona y’icyiciro cya mbere utazongera guhesha ikipe gusohokera u Rwanda muri CAF Confederation Cup ahubwo hazajya harebwa abitwaye neza mu gikombe cy’Amahoro.
Impera z’iki cyumweru zitezweho byinshi mu mupira w’amaguru wo mu Rwanda, ahateganyijwe kumenyekana amakipe azazamuka mu cyiciro cya mbere ndetse no gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro.
Mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu mukino wa Volleyball muri Afurika 2023 CAVB club championship ikomeje kubera mu gihugu cya Tunisia, ikipe ya APR y’abagore ntiyahiriwe no gutangira kuko yatsinzwe n’igihanganjye cyo mu misiri Zamalek.
Ku mugoroba wa tariki ya 11 Gicurasi 2023, Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Munyangaju Aurore Mimosa, aherekejwe n’Umunyamabanga uhoraho muri iyo Minisiteri, Niyonkuru Zephanie, basuye ikipe ya REG Basketball Club aho iri mu mwiherero.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ko uyu mwaka imikino ya nyuma y’igikombe cy’Amahoro itazabera i Kigali
Mugisha Bonheur ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya APR FC yasabye imbabazi kubera imyitwarire mibi yagize mu mukino w’Igikombe cy’Amahoro wahuje APR FC na Kiyovu Sports kugeza ubwo akubise umusifuzi umutwe.
Ikipe ya REG VC ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’ afurika CAVB CLUB CHAMPIONSHIP 2023 yisanze mu itsinda rya kane (Group D) iri kumwe na Mouloudia Sportive de BouSalem yo mugihugu cya Tunisia.