Nyuma ya Kigali Convention, Afurika yungutse indi nzu y’agahebuzo
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva kuri iki Cyumweru yitabiriye umuhango wayobowe na Perezida wa Gabon wo gutaha ku mugaragaro ingoro y’Inama ya Libreville.
Iyi nyubako izajya yakira inama n’ibikorwa mpuzamahanga bitandukanye, kandi yitezweho kugira uruhare mu guteza imbere urwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku nama muri Gabon.
Iyi nzu igizwe n’uruhererekane rw’inyubako zihambaye, kandi zigenewe ibikorwa byuzuzanya, bituma iryohera abayigana. Buri gice cyayo cyateguwe mu buryo bwitondewe kugira ngo cyakire abantu b’ingeri zose — kuva ku biganiro byihariye kugera ku biganiro mpuzamahanga.
Iby’ingenzi bigize iyi nyubako birimo icyumba kinini cy’Inama (cyakira abantu 3,000), Icyumba cya Perezida: Icyumba gifite umutekano, kimeze nk’uruziga, aho dipolomasi ibonera umwanya w’ibiganiro byimbitse kandi byihariye.
Inzu y’Ibitaramo n’Ibirori (yakira abantu 1,500 bicaye / 3,000 bahagaze): Ahabera ibirori n’imihango ya Leta.
Aho VIP baruhukira, Ibiro, Itangazamakuru, n’Inzu z’Umutekano: Ahateganyirijwe inzira zitandukanye, zihuza neza kandi mu ibanga, bitewe n’urwego rw’abinjira.
Ibi bice byose bihuzwa n’ibindi bice byagutse byo kwakiriramo abantu, inzira zifite ibyiciro bitandukanye, n’imiterere y’ahantu igaragaza imyumvire yimbitse y’imigendekere y’abantu, aho bahagarara gato, n’aho ibikorwa biba byihariye kandi bigaragara.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|