Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika(AU) muri iyi minsi uri mu bibazo by’imiyoborere, bituma ikora amakosa menshi muri dipolomasi mpuzamahanga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe, yavuze ko bitangaje kuba Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, uhuje ibihugu bigize umugabane wose ushobora gusigwa icyasha, ukisanga mu bibazo biturutse ku muyobozi wawo, umaze igihe kitagera no ku mezi abiri awuyobora.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, uri mu ruzinduko rw’akazi muri Kenya, yasuye mugenzi we wa Polisi ya Kenya, Douglas Kanja Kirocho, mu biro bye biherereye i Nairobi.
Tariki ya 08 Werurwe 2026, Abanyarwanda batuye muri Gineya hamwe n’inshuti z’u Rwanda bizihije umunsi mpuzamahanga w’Abagore. Ni ibirori byabereye ku cyicaro cya Ambassade y’u Rwanda i Conakry.
Umuvugizi wungirije wa AFC-M23 Oscar Balinda yavuze uburyo Abakomando babo bajya Kisangani bakayirasa, hanyuma bakigarukira mu birindiro byabo nta n’ubariye urwara.
Umutwe wa AFC/M23 wemeje urupfu rw’umuvugizi wawo wa gisirikare Col. Willy Ngoma rwavuzwe mu minsi yashize ariko amakuru yizewe akaba atari yarigeze atangazwa.
Mu gihe impaka ku burenganzira bw’abagore n’imiterere y’umuryango zikomeje gufata indi ntera muri Côte d’Ivoire, depite muto kurusha abandi mu Nteko Ishinga Amategeko, Naya Jarvis Zamblé, yatangije igitekerezo gikomeje kuvugisha benshi: kwemerera abagabo gushaka abagore benshi, bikandikwa mu mategeko.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika gukomeza gushyigikira no guherekeza Sudani y’Epfo mu gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro agamije kurangiza burundu amakimbirane amaze igihe muri icyo gihugu.
Indege yari izanye Vivian van de Perre, Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO, ibaye iya mbere iguye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Goma nyuma y’uko cyari cyarafunzwe kuva muri Mutarama 2025.
Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo yirukanye abajyanama babiri bakuru bo mu biro bye, nyuma yo gushyira mu nshingano umuntu wapfuye mu myaka itanu ishize, kandi abo bajyanama babigizemo uruhare.
Indege y’abagenzi ya Sudan Airways yageze ku kibuga cy’indege cya Khartoum ku cyumweru, tariki ya 1 Gashyantare 2026, nyuma y’imyaka itatu ibikorwa by’ubwikorezi bw’indege bihagaritswe kubera intambara yasenye igihugu cya Sudani.
Ihuriro AFC/M23 rivuga ko ribabajwe n’imyitwarire mibi muri politiki ya Leta ya Kinshasa, yuzuyemo amakuru ayobya, irimo gukoresha mu nyungu za politiki ku mpanuka ibabaje yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu birombe by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bya Rubaya.
Kuri uyu wa 01 Gashyantare, Abanyarwanda batuye muri Repubulika ya Congo (Brazzaville) bizihije umunsi w’intwari z’igihugu.
Abantu babarirwa muri 200, bapfuye mu ntangiriro z’iki cyumweru nyuma y’uko inkangu zitumye ibirombe byinshi by’amabuye y’agaciro ya coltan biriduka mu Burasirazuba bwa Congo, nk’uko abayobozi b’inyeshyamba babitangaje.
Afurika y’Epfo yahaye Charge d’Affaire muri Ambasade ya Isiraheli muri icyo gihugu amasaha 72 kugira ngo abe yavuye ku butaka bwabo
Umucuruzi wa telefoni zigendanwa wo muri Libya yatunguwe no kwakira umuzigo ugizwe na telefone za Nokia ntoya bakunze kwita ‘matushe’(push-button), zaje zizanywe n’ubwato, mu gihe hari hashize imyaka 16 azitumije.
Gutsindwa kwa Maroc ku mukino wa nyuma wa AFCON 2025 itsinzwe na Sénégal igitego 1–0 wabereye kuri Stade Prince Moulay Abdellah byabaye inkuru ibabaje cyane, bigaragaza uko ruhago ishobora gutanga umwanzuro ubabaza kurusha uko witezwaga.
Muri Kenya, Pasiteri Paul Mackenzie akurikiranyweho urupfu rw’abandi bantu 52. Arafunze by’agateganyo guhera mu 2023, mu gihe hagikorwa iperereza ku rupfu rw’abantu bagera kuri 450 b’abayoboke bo mu itorero rye, aho ngo yabashishikarizaga kwiyiriza ubusa kugeza bapfuye kugira ngo bajye guhura na Yesu.
Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), uratangaza ko utazigera uva mu bice wafashe byo muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, uyu mutwe ukaba unyomoza ibimaze iminsi bizenguruka ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko ugiye kuhava hose.
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan azizihiza isabukuru y’amavuko ayobora ibikorwa byo gutera ibiti, mu rwego rwo kurushaho kwita ku bidukikije no kubishishikariza abaturage ayoboye. Ni ibikorwa bizabera mu duce twa Bungi Kilimo na Kizimkazi muri Zanzibar.
Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo kurahira kwa Perezida wa Guinée, Mamadi Doumbouya, wabereye kuri Stade Général Lansana Conté i Conakry, kuri uyu wa Gatandatu.
Umutwe wa AFC/M23 washyize Umujyi wa Uvira wo muri Kivu y’Amajyepfo mu maboko y’umuryango w’Abibumbye kugira ngo urinde abaturage bivugwa ko bageramiwe n’ubwicanyi bw’ingabo za Congo n’ababashyigikiye barimo Abarundi, umutwe w’iterabwoba wa FDLR na Wazalendo.
Umuvugizi wa Gisirikare wa AFC/M23 Col. Willy Ngoma yavuze ko umutwe wabo uri kuva mu mujyi wa Uvira baherutse gufata, mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’amahoro.
Umutwe wa Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), ugenzura intara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), wamaganye itangazo riherutse gutangazwa na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron risaba kongera gufungura ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma.
Perezida Paul Kagame yabwiye abitabiriye Inama y’Ihuriro Nyafurika ku buhinzi n’ibiribwa ko hakenewe kwibanda ku rubyiruko nk’abagize igice kinini cy’abaturage b’Umugabane wa Afurika kuko ibitekerezo bikiri bishya n’udushya bafite bigamije kwihangira imirimo byarushaho gutera imbere.
Umuhuzabikorwa wa AFC/M23 Corneille Naanga yaburiye ubutegetsi bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) ko nibongera kubatera mu birindiro byabo bazirwanaho, kugeza batsiratsije ibibabangamira bahereye aho bituruka.
Umunyarwandakazi Jovia Mutesi uherutse gushyingiranwa n’Umwami w’Abasoga muri Uganda, William Wilberforce Gabula Nadiope IV, kuri uyu wa Mbere batangaje ko mu cyumweru gishize tariki 27 Kanama 2025, babyaye abahungu babiri b’impanga.
Ku wa Gatanu tariki 25 Nyakanga 2025, Urukiko rukuru rwa gisirikare i Kinshasa mu murwa mukuru wa RDC rwatangiye kuburanisha urubanza ubushinjacyaha bwa gisirikare buregamo Joseph Kabila ibyaha bishamikiye ku kuba muri AFC/M23.
Mu cyumweru gishize abasirikare ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC batangiye kuburanishwa ku byaha bakekwaho kuba barakoze mu gihe barimo bahunga umwanzi barwanaga ( inyeshyamba za M23), ibyaha bashinjwa harimo gufata abagore ku ngufu no kwica abaturage b’abasivili.