Umushyikirano 20: Umunsi wa mbere mu mafoto

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ikomeje kuba urubuga ruhuza abaturage n’abayobozi, aho baganira ku iterambere ry’Igihugu; aho rigenda neza, aho ribangamiwe, n’inkomyi ituma intambwe u Rwanda rwateye idakomeza nk’uko bikwiriye.

Kuri iyi nshuro ya makumyabiri, umushyikirano wahuje Abanyarwanda b’ingeri zose, bashakaga kumva icyo Perezida wa Repubulika Paul Kagame abwira abayobozi ku bijyanye n’inshingano igihugu cyabahaye.

Icyo yababwiye cya mbere cy’ibanze, nuko hakiri ibibazo bananiwe gukosora, kandi ahora agarukaho kuva mu myaka isaga mirongo itatu ishize. Muri ibyo harimo igwingira ry’abana rivugwa mu turere ubundi dusanzwe dufite ibiribwa.

Harimo kandi ikibazo cy’abayobozi batita ku nshingano zabo muri rusange, ugasanga inyungu zabo ni zo bashyize imbere, aho kureba inyungu z’umuturage, ugasanga akababaro umuturage afite ntibakumva, kuko bo bahembwa neza, ntacyo baganya.

Perezida Kagame yagarutse ku mutekano w’Igihugu ndetse n’ububanyi n’amahanga, atinda ku baturanyi bakomeje gutera ibibazo u Rwanda barimo umuturanyi wo mu Majyepfo witwa u Burundi, wakagombye kuba ari impanga n’u Rwanda, ariko akaba afite imyitwarire mibi.

Umuturanyi wo mu Burengerazuba witwa Congo Kinshasa nawe akomeza ateza umutekano mucye ku Rwanda, kubera ko acumbikiye FDLR igizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda, ubu bahora bakubita agatoki ku kandi, ngo bashaka kuza gukomereza aho bari bagejeje ubwicanyi.
Bashyigikiwe n’iyo Leta ya Kinshasa ubwayo ivuga ko ishaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ku bijyanye n’Ubukungu bw’u Rwanda, Kagame yasetse cyane abibwira ko u Rwanda nta mabuye y’agaciro rugira, nyamara ushinzwe ikigo cya Mine, Peteroli na Gas, agaragaza ko 80% y’uturere tw’u Rwanda dufite amabuye y’agaciro.

Inkuru zijyanye na: Umushyikirano 20

Ibitekerezo   ( 2 )

Mwirienez hanomurihuye
Akagari kagasumb
Umurenjye maraba
Turabakunda,
Abayobozibaho nkahobacyemuye ikibazocyawe
Bakujyanahiryanohino
Bikarangirahajemo
Ruswa

Arisa yanditse ku itariki ya: 9-02-2026  →  Musubize

Mwirienez hanomurihuye
Akagari kagasumb
Umurenjye maraba
Turabakunda,
Abayobozibaho nkahobacyemuye ikibazocyawe
Bakujyanahiryanohino
Bikarangirahajemo
Ruswa

Arisa yanditse ku itariki ya: 9-02-2026  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka