U Rwanda rugiye gukorana n’ikigo kizubaka inzu zirenga 800 i Kigali

Inama y’Abaminisitiri kuri uyu wa Gatatu, 4 Werurwe, yemeje amasezerano hagati ya Leta y’u Rwanda na Bauhaus International yo kunoza imiturire.

Umuyobozi wa Bauhaus International( i Bumoso) Dr. Victor Onukwugha ubwo yahuraga na CEO wa RDB Guy Africa umwaka ushize bakaganira ku mushinga w'ubwubatsi bafite mu Rwanda
Umuyobozi wa Bauhaus International( i Bumoso) Dr. Victor Onukwugha ubwo yahuraga na CEO wa RDB Guy Africa umwaka ushize bakaganira ku mushinga w’ubwubatsi bafite mu Rwanda

Bauhaus International Ltd ni sosiyete ikora ibikorwa by’iterambere ry’imiturire n’ubwubatsi, ikorera cyane cyane muri Nigeria binyuze mu kigo cyayibyaye cya Bauhaus International Group.

Iyi sosiyete yibanda ku guteza imbere imishinga y’inyubako z’imiturire, iz’ubucuruzi n’izivanze (mixed-use developments), ikomatanya igishushanyo mbonera kigezweho n’imikoreshereze irambye y’ubwubatsi.

Imwe mu mishinga yakozwe na Bauhaus International mu bindi bihugu
Imwe mu mishinga yakozwe na Bauhaus International mu bindi bihugu

Muri Mutarama uyu mwaka, Bauhaus International yasinyanye amasezerano n’Umujyi wa Kigali yo kubaka inzu 892 zo guturamo i Gahanga mu Karere ka Kicukiro.

Ni umushinga ugomba kujya kuri Hegitari 12.8, gutanga ingurane kuri ba nyir’ubutaka 121 bikaba bizatwara agera kuri Miliyari 7.9 Frw.

Muri uyu mushinga icyakora, umuturage ashobora guhitamo kongera guhabwa inzu muri uyu mushinga(rehousing) cyangwa agahitamo ingurane y’amafaranga.

Hagati aho, Muri Nzeri 2023, u Rwanda, binyuze mu Kigo cy’igihugu gishinzwe imiturire cyasinyanye na Bauhaus Intertnational Amasezerano ku Iterambere ry’Inzu Zihendutse mu Mujyi wa Kigali.

Bahaus International ifitanye isano na Bauhaus International Incorporated yanditswe muri New Jersey, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), ikaba ishyigikira ibikorwa byagutse bijyanye n’imiturire n’iterambere ry’inyubako.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka