Kagame ahereye ku mibare igaragara ya za gatanya, yagize ati "niba koko mwemera Imana n’amasengesho byo mwabisengeye da! Mwakwicaye mukabisengera mukabishakamo igisubizo mukakibona, niba mutabeshya koko."
Yongeyeho ati "niba aho tuzindukira buri gitondo dukurikiye inyigisho, izo nyigisho zikuviramo iki kidashobora kugufasha kurenga iyo nabi, uwo mujinya, ni iki? Niba udashobora kubikoresha ngo uzane ubumwe mu muryango, ndetse n’igihugu? Igihugu gikeneye kuba mu mudendezo."
Imiterere y’itandukana ry’abashakanye mu Rwanda kuva mu 2020
Hashingiwe ku makuru aturuka ahanini muri raporo z’Ubucamanza, igaragaza imibare y’imanza z’itandukana zakiriwe n’inkiko:
🔹 2020
– Habaruwe imanza z’itandukanye zirenga 3,200. Icyo gihe cyaranzwe n’ingaruka za COVID-19, zongereye amakimbirane mu miryango.
🔹 2021–2022
– Mu mwaka w’ubucamanza wa 2021–2022, imanza zirenga 3,300 z’itandukana zarakiriwe. Iyi mibare yari hafi kungana n’iyo mu 2020, bigaragaza ko ikibazo cyari kigihari ku rwego rwo hejuru.
🔹 2022–2023
– Habayeho igabanuka rike, aho imanza z’itandukana zari hafi 3,075. Ibi byerekana intambwe nto igana ku kugabanuka kw’izo manza.
🔹 2023–2024
– Imibare yakomeje kugabanuka, igera hafi ku 2,833 z’itandukana mu mwaka w’ubucamanza wa 2023–2024.
🔹 2024–2025
– Mu mwaka w’ubucamanza wa 2024–2025, imanza z’itandukana zabaye 2,674.
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
|
Bavuga imanza z’ubutane ntabwo bavuga imanza z’itandukana.
Bavuga imanza z’ubutane ntabwo bavuga imanza z’itandukana.
Bavuga imanza z’ubutane ntabwo bavuga imanza z’itandukana.