Imbuto Foundation igiye guhemba abakobwa batsinze neza ibizamini bya Leta

Umuryango Imbuto Foundation wahembye Imbuto z’Icyeza zirenga ibihumbi 8,103 bashimirwa gutsinda neza ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye.

Guhemba Inkubito z’Icyeza, ni igikorwa cyatangijwe na Madamu Jeannette Kagame mu 2005 binyuze mu muryango Imbuto Foundation, mu rwego rwo gushishikariza abakobwa kwiga ibyiciro byose ndetse bagatsinda neza, kwigirira icyizere no kumva ko bashoboye, no gukangurira ababyeyi, abarezi n’umuryango muri rusange kwita ku burezi bw’umwana w’umukobwa.

Abari batahiwe ni abakobwa 59 batsinze neza mu mwaka w’amashuri 2024-2025, bo muri Fawe Girls’ School, bahembwe.

Muri iyi gahunda kandi, Imbuto Foundation ihemba abakobwa batsinze neza mu kizamini gisoza amashuri abanza, hagahembwa umwana umwe wahize abandi mu murenge, bigakorwa mu mirenge 416 igize igihugu, hakanahembwa n’abana b’abakobwa batanu bahize abandi kuri buri Ntara n’Umujyi wa Kigali.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka