Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwasabye urubyiruko rwibumbiye mu nzego zitandukanye z’abakorerabushake, gukoresha imbaragaga bafite mu guteza imbere abaturage, kuko aka karere ari ko kaza ku isonga mu kugira umubare munini w’abakorerabushake ku rwego rw’Igihugu.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame baraye bakiriye Gen. Muhoozi Kainerugaba n’itsinda bari kumwe, mu muhango wo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko y’imyaka 49.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na Television Rwanda yatangaje ko hari Abanyarwanda bamaze guhungishwa bageze mu bihugu bituranye na Sudani birimo Djibouti.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr Utumatwishima Abdallah, asanga hari amahirwe menshi iterambere ry’Igihugu ryubakiyeho, urubyiruko rukwiye kubyaza umusaruro, kugira ngo iterambere ryarwo n’iry’Igihugu ryihute.
Minisitere y’ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda yatangiye ibikorwa byo guteguza uturere ko hari abanyarwanda basanzwe bishyurirwa ubwisungane mu kwivuza ariko bagiye kubukurwamo, bakaba basabwa gutangira kwitegura kwiyishyurira kuva muri Nyakanga 2023.
Abatuye mu mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, bakomeje gutabaza Leta ngo ibafashe kubakiza ibiziba by’amazi y’imvura yuzura imihanda y’imigenderano aho bamwe bahera mu nzu mu gihe imvura yaguye.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwongeye guta muri yombi abakozi bane b’Akarere ka Nyanza n’umwe wo mu karere ka Gisagara nyuma y’uko hari ibimenyetso bishya byagaragaye ku byaha bakekwaho, bakaba bari baranatangiye kubisibanganya.
Mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rutunga, Akagari ka Kabariza, mu Mudugudu wa Nyamise, hari abaturage 15 banyoye ubushera ku muturanyi wabo witwa Tuyishimire Jean Claude bajya mu bitaro, umwe akaba yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023.
Gen. Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, ari mu Rwanda aho aje kwizihiriza isabukuru y’imyaka 49, kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023.
Imvura nyinshi yaguye kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023, amazi akuzura umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira, Polisi y’u Rwanda iramenyesha abakoresha uwo muhanda ko utakiri nyabagendwa.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu (ASOC), ku wa Gatanu tariki ya 21 Mata 2023, ryafashe abantu bane bacyekwaho gukora ubucuruzi bwa magendu, hafatwa amakarito y’imivinyu n’amacupa y’inzoga za likeri (liqueur) zifite agaciro ka miliyoni 15Frw.
Mu mpera z’ukwezi gushize kwa Werurwe, bimwe mu bigo by’itangazamakuru bikomeye ku Isi byatangaje inkuru ivuga ku rubyiruko rw’Abanyarwanda, rwabaswe no gutega mu mikino y’amahirwe, ibizwi cyane nka ‘betting’.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Gasabo, yafatanye umugabo w’imyaka 32, imifuka itatu n’igice y’ibiyobyabwenge by’urumogi rupima ibilo 60.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa mpuzamahanga yaberaga mu Rwanda, ku bijyanye n’uko abasirikare barinda umutekano w’abasivili, anabashimira ku buryo bitwaye.
Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko amavugururwa arimo gukorwa kuri Politiki y’imisoro, azarushaho gukurura ishoramari ndetse akanafasha Igihugu kubona igisubizo ku bibazo by’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, byatewe n’icyorezo cya Covid -19 ndetse n’intambara y’u Burusiya na Ukraine.
Perezida Paul Kagame yifurije abayoboke b’idini ya Islam bo mu Rwanda no ku Isi hose umunsi mwiza wa Eid-al-Fitr, abifuriza amahoro n’uburumbuke.
Imam w’Akarere ka Nyagatare, Sheikh Hussen Ruhurambuga, arasaba buri Munyarwanda kumenya ko iki Gihugu cy’u Rwanda atari inguzanyo ya Banki bafashe, ahubwo ari icyabo kandi buri wese afite inshingano zo kugiteza imbere mu buryo bwose.
Abatekinisiye basanzwe bafasha ikigo gicuruza serivisi zijyanye n’itumanaho cya DSTV Rwanda bo hirya no hino mu Gihugu bahuriye i Kigali tariki 20 Mata 2023, ubuyobozi bw’icyo kigo bubashimira akazi bakora, baboneraho no guhabwa amahugurwa y’uburyo barushaho kukanoza.
Mu gusoza ukwezi gutagatifu kwa Ramadan kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Mata 2023, Umuyobozi w’Abayislamu mu Rwanda (Mufti), Sheikh Salim Hitimana, yavuze ko igisibo cyagenze neza muri rusange, kikaba cyarabaye igihe cyiza cyo kwitagatifurizamo, bakoramo ibikorwa by’urukundo.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), cyatangaje Iteganyagihe ry’iminsi 10 y’igice cya gatatu gisoza ukwezi kwa Mata 2023, rigaragaza ko hazagwa imvura irengeje gato ikigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gihe.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Gakenke, yafashe abasore babiri bacyekwaho kwiba moto yo mu bwoko bwa TVS bagiye kuyigurisha.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko Umushinga w’Itegeko ryo gutanga indangamuntu nshya z’ikoranabuhanga, zizahabwa abantu bose harimo n’abana kuva bakivuka.
Kuva mu ma saa sita zo ku wa 20 Mata 2023, ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwatangiye imirimo yo kugerageza gutabara abagwiriwe n’ikirombe, hifashishijwe imashini ya Caterpillar imenyerewe mu gukora imihanda, ariko na n’ubu ntibarababona.
Shumbusho Shaban wo mu Murenge wa Bwisige mu Karere ka Gicumbi, arembeye mu bitaro bya Byumba nyuma yo gutemwa ikiganza cy’ukuboko kw’imoso kikavaho, ubwo yari atabaye Sebuja wari umaze kwibwa inkoko.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 20 Mata 2023, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku ngamba na Politiki zinyuranye, zigamije kwihutisha iterambere ry’ubukungu bw’Igihugu.
Musenyeri Laurent Mbanda yatanze ubutumwa bw’ihumure nyuma y’urupfu rutunguranye rw’umuhungu we, Edwin Eddie Mbanda, aho yavuze ko n’ubwo yitabye Imana ariko bakiri kumwe.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize Akarere ka Ruhango (Rushingwangerero), batangiye gushyikirizwa moto bemerewe n’Inama Njyanama y’ako Karere umwaka ushize, mu rwego rwo kubafasha mu ngendo, nyuma y’uko byari byagaragaye ko hari aho batabasha kugera kubera kubura ubushobozi bwo kwitegera abamotari basanzwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard, avuga ko kubera igihe gito bari bamaranye n’umushinga wa RDDP, aborozi batangiye kumenya ibyiza by’ibikorwa byayo irimo isoza.
Kuva mu mugoroba w’ejo ku wa Gatatu tariki ya 19 Mata 2023, mu Kagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, haravugwa abantu batandatu baheze mu kirombe.
Umuyobozi ushinzwe ubworozi bw’amafi mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda avuga ko mu Rwanda hari ikibazo cy’ibiribwa by’amafi ariko n’ibihari ngo ntibijyanye n’ikoranabuhanga mu kugaburira amafi.