Umugabo witwa Adam Rashid yasimbutse ava ku nzu y’igorofa ya Hoteli Sakina iherereye ahitwa Eastleigh ifite za etaji umunani(8), ngo akaba yasimbutse ahunga Polisi yashakaga kumufata imukekaho gukoresha ibiyobyabwenge.
Abantu benshi barya kugira ngo buzuze igifu gusa, batitaye ku mumaro w’ibyo bafungura bikagira ingaruka ku buzima.
Abayisilamu bo mu Rwanda n’abo ku Isi yose muri rusange, kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, bongeye kwizihiza umunsi Mukuru ngarukamwaka w’Igitambo (EId Al Adha), banasabwa kwitandukanya n’icyahindanya isura y’idini yabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, bageze mu mujyi wa Victoria muri Seychelles, mu ruzinduko batangiye rw’iminsi ibiri.
Abatuye mu Mudugudu wa Kazi, Akagari ka Bisoke mu Murenge wa Kinigi, batunguwe no kubyuka basanga imbogo iri mu mbuga y’urugo rw’umwe mu bahatuye, none baheze mu nzu.
Banki ya Kigali (BK) ifatanyije n’Ikigo gihugura ba rwiyemezamirimo, Inkomoko Entrepreneur Development, batangije icyiciro cya karindwi cya Urumuri Initiative, kizahugurirwamo ba rwiyemezamirimo 25 bari mu bijyanye n’ubuhinzi.
Bazirake Laurent w’imyaka 75, wo mu Kagari ka Kabeza Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, yitabye Imana nyuma y’uko aturikanywe na gerenade yo mu bwoko bwa Stick.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya (KDF), Gen. Francis Ogolla uri mu ruzinduko mu Rwanda, ku wa Kabiri tariki 27 Kamena 2023, yakiriwe ndetse agirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Lt Gen. Mubarakh Muganga.
Kuri uyu wa 27 Kamena 2023, Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Nyundo yagiriye uruzinduko ku kirwa cy’Iwawa anatura Igitambo cya Misa, yaherewemo n’amasakaramentu y’ibanze abagera kuri 84 bagororerwa kuri iki kirwa.
Kompanyi y’Indege z’u Rwanda (RwandAir) yashimiwe n’abantu b’ingeri zitandukanye nyuma yo kohereza indege yayo ku mugabane w’u Burayi, ikazajya ikora ingendo hagati ya Kigali mu Rwanda na Paris mu Bufaransa, inshuro eshatu mu cyumweru.
Iyo urebye hirya no hino mu gihugu, ubona amazu ya leta adakorerwamo ndetse amwe muri yo asa n’ayabaye amatongo. Mu bugenzuzi bwakozwe n’inzego za Leta zitandukanye zirimo Urwego rw’umuvunyi n’ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Imiturire (RHA), byagaragaye ko Leta ifite amazu yose hamwe 49,937 ariko muri yo, agera ku (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, ategerejwe nk’umushyitsi w’imena muri Seychelles, mu kwizihiza ibirori by’umunsi Mukuru w’ubwigenge uteganyijwe ku ya 29 Kamena 2023.
Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Hon Mukabalisa Donatille, yakiriye Abadepite baturutse mu Nteko Ishingamategeko y’inzibacyuho ya Burkina Faso, bazamara iminsi itandatu mu Rwanda bareba zimwe muri gahunda za Leta uko zishyirwa mu bikorwa, kugira ngo nabo bibahe isomo ry’ibyo bazakora mu gihugu cyabo.
Inyamaswa yitwa ‘Igitera’ yari imaze iminsi ibangamiye umutekano w’abaturage, yiciwe mu Karere ka Gakenke, abiganjemo abagore cyari kimaze iminsi gisagarira, biruhutsa impungenge n’ubwoba bari bamaranye iminsi babitewe n’iyo nyamaswa.
Abaturage bo mu gihugu cya Kenya batavuga rumwe na Leta batangaje ko batishimiye itegeko ryasinyweho na Perezida wa Kenya William Ruto ryo kongera imisoro.
Simisola Bolatito Kosoko, uzwi nka Simi mu muziki, akaba n’umwe mu bahanzikazi bakundirwa ijwi rye ku mugabane wa Afurika, yahishuye ko imyaka ibiri ishize abaye umubyeyi yamubereye iy’ibyishimo mu buzima.
Ubuyobozi bwa sosiyete ya RICO yahawe isoko rya Gisenyi, butangaza ko bwishimiye kwakira icyangombwa cyo kuryubaka, rikarangira mu gihe gito.
Ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ni ikibazo gikomereye ibihugu byose by’Isi bihuriyeho, kigahangayikisha n’abayituye. Umuryango mpuzamahanga washyizeho umunsi wo kurwanya ibiyobyabwenge uba tariki ya 26 buri mwaka, hagamijwe gufasha abatuye Isi kubireka, kuko byangiza ubuzima bwa muntu.
Ikompanyi y’Igihugu y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandaAir, kuri uyu wa 27 Kamena 2023 yatangiye gukora ingendo ziva i Kigali zerekeza i Paris mu Bufarannsa idaciye mu kindi gihugu. Ibi bikubiye muri gahunda y’iyi kompnyi yo kwagura ibyerekezo binyuranye yerekezamo idahagaze, by’umwihariko ku mugabane w’u Burayi.
Abanyeshuri n’abarezi b’ishuri ryigenga ryitwa Les Poussins basuye banaremera abaherutse kwibasirwa n’ibiza bo mu Murenge wa Rugerero, mu Karere ka Rubavu, Intara y’Iburengerazuba.
Abasoje imyitozo ya Ushirikiano Imara, imaze ibyumweru bibiri ibera mu Rwanda, baremeza ko ubumenyi ibasigiye ari ingenzi mu kubungabunga umutekano, w’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) bwatangaje ko umunsi mukuru w’igitambo (EID AL ADHA) uzaba kuwa Gatatu tariki 28 Kamena 2023.
Umukecuru witwa Dusabemariya Immaculée w’imyaka 64, niwe watsinze irushanwa ry’igisoro (kubuguza)mu bagore, mu marushanwa Umurenge Kagame Cup ku rwego rw’igihugu mu marushanwa yabereye mu Ngoro Ndangamurage i Huye, maze ahembwa ibihumbi 200FRW n’igikombe.
Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera, (Rwanda Forensic Laboratory/RFL) yatangiye gukora ibizamini byo kwerekana isano hagati y’abantu n’abandi (ADN/DNA) muri Werurwe 2018, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’icyo Kigo. Kugeza ubu ikaba itanga ibisubizo byizewe kuko ikoresha abakozi (…)
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Kagari ka Rwabutenge mu Murenge wa Gahanga bahuriye mu Nteko rusange y’Umuryango FPR Inkotanyi tariki 25 Kamena 2023, barebera hamwe ibyagezweho, bafata n’ingamba ku bisigaye.
Ku mugoroba wo ku itariki 22 Kamena 2023, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kamanzi Axelle, yasuye umubyeyi witwa Nyiranzabonimpa Julienne uri mu bitaro bya Ruhengeri, nyuma yo kubyara impanga z’abana batatu.
Ibi ni ibyagarutsweho mu nama y’iminsi ibiri yahuje bimwe mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, igamije gusangira ubumenyi mu kwihutisha imyigire y’abana mu myaka itatu ya mbere y’amashuri abanza, no kurebera hamwe uko ibihugu bihagaze mu gukemura ingaruka zatewe na Covid19 mu rwego rw’uburezi.
Abantu batandukanye bamenye Pasiteri Théogène Niyonshuti bavuga ko bazamwibukira cyane ku bikorwa by’urukundo yakoraga, ndetse n’inyigisho zisekeje yajyaga atanga yigisha ijambo ry’Imana.
Nyuma yuko ibiza by’imvura yaguye mu ijoro ryo ku itariki 02 rishyira 03 Gicurasi 2023, bisenyeye abatuye Akarere ka Burera binahitana abantu umunani, Leta y’u Rwanda ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, ikomeje gushaka umuti w’icyo kibazo ahateganyijwe kubakira imiryango 119 muri ako karere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro buvuga ko abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere bafite uruhare runini mu bikorwa by’iterambere ry’Akarere n’abaturage muri rusange. Ibi byagaragarijwe mu gikorwa cyo gusoza imurikabikorwa ry’ibyagezweho n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kicukiro mu mwaka wa 2022-2023.