Raporo nshya bise ‘World Justice Report’ cyangwa se Raporo y’Ubutabera ku Isi, yerekanye ko u Rwanda rukomeje kuza ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bugendera ku mategeko.
Diyosezi Gatolika ya Gikongoro yabuze Umupadiri witwa Félicien Hategekimana, witabye Imana kuri uyu wa mbere tariki 08 Nyakanga 2024, aho yazize uburwayi.
Abaminisitiri bo mu Rwanda bagiye guhura na bagenzi babo bo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC) n’abo mu Burundi, mu biganiro bizaba mu bihe bitandukanye ku mutekano n’ibibazo by’imibanire itameze neza hagati y’ibi bihugu, ibangamiye umutekano mu Muryango wa Afurika y’Uburasirazuba.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda kuryama bagasinzira kuko abakangisha gutera u Rwanda batabigeraho uretse kuba Ingabo z’Igihugu ziri maso n’Abanyarwanda muri rusange biteguye guhangana n’icyashaka guhungabanya umutekano wabo.
Ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe Meteo Rwanda cyatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Nyakanga 2024 hateganyijwe imvura mu turere tw’iNtara y’Iburengerazuba ndetse n’Amajyaruguru no mutundi turere dutandukanye tw’igihugu.
Perezida Paul Kagame yasobanuye ko atari we wagombaga kujya kwiga amasomo ya gisirikare muri Amerika ahubwo yari agenewe Maj Gen Fred Gisa Rwigema, wari ubakuriye icyo gihe.
Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi, yavuze ko ubwo bafataga icyemezo cyo gutangiza urugamba rwo kubohora igihugu, nta cyizere bari bafite cyo kurutsinda uretse umutima wo gukunda igihugu no kurwanira ukuri.
Inamuco Kagabo Lyse-Pascale, wubatse akaba umubyeyi w’umwana umwe, wagize ibyishimo bidasanzwe nyuma yo guhabwa ubwenegihugu bw’inkomoko mu Rwanda, afite akanyamuneza kenshi ko kuba yamaze no kubona indangamuntu y’u Rwanda, akaba yemeza ko inzozi zabaye impamo.
Mu rugendo rw’Imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye, ugendeye ku bikorwa bikubiye mu nkingi zirimo iy’Ubukungu, Imibereho myiza n’Imiyoborere, ni byinshi abaturage bo mu Turere tugize Intara y’Amajyaruguru bemeza ko byahinduye imibereho yaho, ku buryo kuri bamwe iyo uganiriye, bakubwira ko iyo basubije amaso inyuma (…)
Mu Karere ka Bugesera, mu rwego rwo gukomeza gushyira umuturage ku isonga nk’uko biba mu ntero yako, no kumuhera serivisi nziza ahantu heza kandi hasukuye, harimo kubakwa zimwe mu nyubako zikoreramo Utugari izindi zikavugururwa kandi ni gahunda ikomeza kuko muri rusange muri ako Karere hari utagari 30 muri 72 tudafite ibiro (…)
Benshi bazi Ubukomane bwa Nyakayaga mu Ndirimbo “Mbese urashaka iki Ngarambe? Njyewe ndashaka kugishisha Mu Bukomane bwa Nyakayaga maama Oya ngwino urare, waramutse. Uyu munsi, Kigali Today yabakusanyirije amateka y’Ubukomane bwa Nyakayaga ubu hakaba ari ahantu Nyaburanga kubera amateka yo hambere hasigasiye.
Ku wa Gatandatu tariki 6 Nyakanga 2024, Abanyarwanda baba mu gihugu cya Nigeria n’inshuti zabo, abayobozi mu nzego za Leta y’iki gihugu n’abahagarariye ibihugu byabo, bizihije umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 30. Ni mu birori byuzuye akanyamuneza byabereye mu murwa mukuru wa Nigeria, Abuja, ku nsangamatsiko igira iti (…)
Abaturage batuye Akarere ka Kayonza baravuga imyato Umuryango FPR-Inkotanyi na Chairman wawo, Paul Kagame bagahamya ko bamwizeye ndetse nta wundi wabayobora akabageza ku iterambere uyu munsi bafite kandi ko biteguye kumutora 100% akazayobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri imbere.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’Igihugu yasabye urubyiruko kutazaba Imbwa bakaba Intare kuko ibihe biri imbere ari ibyabo.
Mbabazi Kellen, umugore wo mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Matimba, yashimiye umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame, waciye umuco wo guterura abakobwa (Gushakwa ku gahato) bakabana n’abagabo batakundanye ahubwo akabakura ku ruhimbi akabaha amashuri.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, yahamagariye urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa Icyiciro cya 14, gushyira imbere amahitamo y’ibyiza, kugira ngo mu cyerekezo Igihugu kirimo, bazabe ab’ingirakamaro.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyabinoni batuye ahahoze hibasirwa n’ibiza, hakabura ibikorwa remezo byabafasha kubaho neza, baravuga ko nyuma y’uko Paul Kagame yoherejeyo ibikorwa remezo birimo, imihanda, amazi n’amashanyarazi, ibikorwa by’ubuvuzi n’uburezi, basigaye bumva ntawahabimura mu gihe nyamara mbere bifuzaga kuhimuka.
Perezida Paul Kagame akaba n’umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi hamwe n’andi mashyaka umunani ku mwanya w’umukuru w’Igihugu, yemeye kuzatumira abaturanyi be bagataramana akazanabagabira.
Ibi Chairman wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame yabivugiye mu Karere ka Bugesera, aho yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza, kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Nyakanga 2024.
Mukabalisa Donatille, Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Muntu (PL), avuga ko guhitamo gushyigikira Paul Kagame, umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, babikoze mu bushishozi, basanga imiyoborere ye myiza yarakuye Igihugu ahakomeye.
Umunyamakuru Divin Uwayo wari umusangiza w’amagambo mu bikorwa byo kwamamaza Chairman wa FPR-Inkotanyi, akaba n’umuturage mu Karere ka Bugesera, yavuze ko umwana wo muri ako Karere yamenyaga gutwara igare ku myaka irindwi gusa kugira ngo abashe kujya kuvoma amazi y’ibirohwa na yo habagaho inkomati (umubyigano).
Mu Kagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Rwaza Akarere ka Musanze, haravugwa amakuru y’ubutaka buri kwika, nyuma y’uko abaturage babyutse mu gitondo bajya mu mirima yabo babura aho banyura, aho umuhanda wari wamaze kwangirika.
Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu NCHR yagabiye inka imiryango itanu y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye mu Karere ka Ruhango, mu rwego rwo kubafasha kuva mu bwigunge bagakora bakiteza imbere.
Ibikorwa byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame n’Abadepite mu Nteko ishinga Amategeko byabereye mu Karere ka Muhanga kuri Site ya Buziranyoni, ahari hateraniye abanyamuryango benshi ba FPR. Ni ibirori byatangijwe n’akarasisi katangiriye mu Mujyi wa Muhanga.
Mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, Abanyarwanda bakomeje kugaragaza ko bashaka kongera kuyoborwa nawe, ndetse bamwe bakamufata nk’impano bahawe n’Imana.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango by’umwihariko abayoboke b’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), banyuzwe n’uko ubuyobozi bwaryo bwafashe icyemezo cyo gushyigikira Paul Kagame ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu biyemeza kuzaritora.
U Rwanda na Korea y’Epfo kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Nyakanga 2024 byasinyanye amasezerano ya Miliyari imwe y’Amadolari ya Amerika (asaga Miliyari 1,318 Frw) u Rwanda ruzahabwa na Korea y’Epfo akazakoreshwa mu gutera inkunga imishinga y’iterambere mu Rwanda.
Tariki ya 04 Nyakanga 1994, tariki ya 04 Nyakanga 2024, imyaka 30 irashize Igihugu kibohowe, Jenoside yakorerwaga Abatutsi irahagarikwa. Uyu munsi wari utandukanye ku bantu bitewe n’ibice by’Igihugu bari baherereyemo. Bamwe bari bihishe Interahamwe ahandi hari urujya n’uruza rw’impunzi zo muri 1959, 1962 n’indi myaka (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko imyaka 30 ishize u Rwanda rubohowe habayeho iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi aho umusaruro w’ubuhinzi wavuye munsi ya toni imwe ku bigori n’umuceri ugera kuri toni eshanu kuri hegitari ndetse n’umukamo w’amata uva kuri litiro 2,000 ugera kuri litiro zirenga 100,000 (…)