Insoresore zitwaje amabuye n’inkoni zo mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo zirukanye uwitwa ko ari Umunyarwanda ubarizwa muri uwo mujyi, tariki 09/07/2012, zivuga ko zitabashaka ku butaka bwa Kongo.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) yahaye akarere ka Nyanza imashini 10 zibumba amatafari n’amategura nk’uko Niyitegeka Venant ushinzwe imiturire muri aka karere yabitangaje tariki 09/07/2012.
Urupfu rw’umusirikare w’umunyakenya wishwe azira gushaka kuvuga amakuru yerekeye Kabuga ndese no gutahurwa amufotora rwihishwa nirwo rwabaye intandaro y’amakuru avuga ko umutwe w’ubutasi wo muri Kenya ukorana na Kabuga Felicien.
Tujilane Chizumila, ukuriye urwego rw’Umuvunyi muri Malawi, ari mu ruzinduko mu Rwanda guhera kuri uyu wa mbere tariki 09/07/2012, aho aje kwigira ku bunararibonye bwarwo mu gukemura ibibazo hagati ya Leta n’abaturage.
Ku muhanda Butare- Kigali, ukiva ku iteme rya Kayumbu mu murenge wa Cyeza ho mu karere ka Muhanga igiti kinini cyaguye mu muhanda kibuza imodoka zavaga i Kigali ndetse n’izajyagayo gutambuka.
Ntihemuka Daniel w’imyaka 28 wo mu mudugudu wa Ruhuha, akagari ka Munini, umurenge wa Ruhangomu karere ka Ruhango yatwitswe n’umugorewe Yankurije Jeannette tariki 06/07/2012 amumennyeho inyama yari amaze guteka.
Mu rwego rwo kwirinda umubyigano w’imodoka (ambouteillage) n’imihanda miremire ituma abagenda mu mujyi wa Kigali batinda kugera iyo bajya, ubuyobozi bw’uyu mujyi burimo kubaka no gushyira kaburimbo mu mihanda yambukiranya ibice biwugize.
Abatuye mu kagari ka Kibu mu murenge wa Mugombwa, mu karere ka Gisagara batewe impungenge n’abaturage bakomeje kwiyahura abandi ugasanga babigerageza bagateshwa.
Dominique Decherf wahoze ahagarariye igihugu cy’Ubufaransa mu Rwanda atangaza ko inyito z’amoko “Hutu na Tutsi” ari inyito zazanywe n’abazungu bagamije ivangura hagati y’Abanyarwanda.
Abagize inama njyanama y’Akarere ka Huye biyemeje gushishikariza abaturage bo mu mirenge bahagarariye kuboneza urubyaro, kwirinda SIDA ndetse no kwita ku burere bw’abana babo babarinda guhohoterwa.
Abasigajwe inyuma n’amateka batagiraga aho baba n’abandi babaga mu mazu adashobotse mu mirenge ya Rambura na Muringa, bubakiwe amazu 52 kugira ngo barusheho gutura heza no guhabwa agaciro gakwiriye Abanyarwanda.
Amazi abiri y’ubucuruzi aherereye mu kagali ka Kiziguro Umurenge wa Nkungu, yaraye yibasiwe n’inkongi y’umuriro, arashya arakongoka n’ibikari byayo. N’ubwo nta muntu wahasize ubuzima, hangirikiye ibintu bifite agaciro ka miliyoni eshatu.
Abagabo 14 bahoze barwanira umutwe ufatwa nk’iterabwoba wa FDLR nyuma bakaza kwitandukanya nawo, kuri uyu wa Kane tariki 06/07/2012 bageze mu nkambi ya Nyagatare iherereye mu karere ka Rusizi.
Imodoka y’ikamyo yo mu bwoko bwa Ben yagonze abantu babiri umwe ahita yitaba Imana undi arakomereka bikomeye, mu mpanuka yabereye i Gikondo ahazwi ku izina rya Merez ya Kabiri, kuri uyu wa Gatandatu tariki 07/07/2012.
Inkongi y’umuriro itaramenyekana icyayiteye yibasiye inzu ya Niyonsaba Leonard, itwika ibishyimbo yari amaze gusarura n’igisenge k’inzu ye kirahangirikira, kuri uyu wa Kane itariki 05/07/2012.
Abanyarwanda hamwe n’inshuti z’u Rwanda bab mu Budage barashima aho u Rwanda rugeze mu iterambere nyuma y’imyaka 18 rwibohoye n’imyaka 50 rubonye Ubwigenge.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko igice cyose cyo mu Mujyi wa Kigali mu rwagati no mu nkengero zawo, hatangiye kubakwa mu buryo bugezweho, bikurikije inyingo yo kuva mu 2011 kugeza mu 2016.
Umuryango Haguruka uharanira uburenganzira bw’umugore n’umwana uratangaza ko amazina ahabwa ibyiciro by’imibereho byashizwemo abaturarwanda atemewe mu mategeko kuko ngo ari bumwe mu buryo bukurura ivangura.
Perezida wa Samalia, Sheikh Sharif Ahmed, yageze mu Rwanda taliki 05/07/2012 mu rugendo yarimo akorera mu bihugu byo muri Afurika, aho asaba ubufasha mu kongera umutekano mu gihugu cye cyitegura amatora mu kwezi kwa Kanama.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace itwara abagenzi i Nyamirambo yagonze imodoka enye mbere yuko ihagarara mu muhanda uva kuri State Regional ujya mu mujyi hafi yahitwa kuri Club Rafiki tariki 05/07/2012.
Ikompanyi ikora ibijyanye n’ibikorwa remezo, NPD-COTRACO, irasabwa kongera ibikorwa ikora no kubirangiriza igihe amasezerano iba yagiranye n’abakiriya bayo.
Biteganyijwe ko Perezida Kagame azasura akarere ka Nyagatare tariki 06/07/2012 akanafungura ku mugaragaro uruganda Easter African Granite Industries rukora amakaro ruherereye ahitwa Rutaraka mu murenge wa Nyagatare.
Ku bufatanye n’abatwara abangenzi ndetse n’Ikigo cy’Igihugu ngenzuramikorere (RURA), Umujyi wa Kigali washyizeho uburyo bwo gutwara abagenzi, wemeza ko buzakemura ikibazo cy’ibura ry’imodoka mu masaha amwe n’amwe.
Umuryango Dothan Revival Ministries wihaye intego yo kubiba inyigisho z’urukundo, amahoro, Ubumwe n’Ubwiyunge mu rubyiruko mu rwego rwo kurukangurira guhashya icyakurura amacakubiri mu Banyarwanda.
Abagize itsinda rya Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) bamaze iminsi ibiri basuzuma akarere ka Karongi kageze gashyira mu bikorwa imihigo y’umwaka wa 2011/2012 baratangaza ko ako karere gahagaze neza n’ubwo igihe cyo gutanga amanota rusange kitaragera.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Juba mu murwa mukuru wa Sudani y’Amajyepfo (UNMISS) n’umuryango w’Abanyarwanda bahaba, bifatanyije n’u Rwanda mu kwizihiza umunsi w’Ubwigenge no kwibohora ku nshuro ya 18, tariki 01/07/2012.
Ikamyo itwara ibikomoka kuri peteroli yo muri Tanzaniya y’ikompanyi AAA yahiye ifunga umuhanda Gisenyi-Kigali amasaha abiri n’igice kuri uyu wa gatatu tariki 04/07/2012 saa ine n’igice za mu gitondo.
Abari mu butumwa bwo kugarura amahoro i Darfur muri Sudani (UNAMID) bifatanije n’Abanyarwanda mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rubonye ubwigenge, n’isabukuru y’imyaka 18 rumaze rwibohoye.
Umubiligi witwa Julien Nyssens wabaye mu bategetsi bitwaga Administrateur de Territoire mu gihe cy’ubukoloni mu Rwanda yasohoye igitabo kivuga ku Rwanda hagati y’umwaka w’1948 kugeza mu mwaka w’1961.
Ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, tariki 03/07/2012, yizihije isabukuru y’imyaka 234 igihugu cyayo kimaze kigobotoye ingoyi ya gikoloni. Ambasaderi wayo yashimiye u Rwanda umubano wihariye ibihugu byombi bikomeje kugirana.