Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Gakenke baganiriye na Kigali Today bavuga ko gusabiriza ari ukwitesha agaciro, bityo basaba bagenzi babo kubireka bagashaka icyo bakora cyabinjiriza amafaranga.
Akimanizanye Belancile, umugore uri mu kigero cy’imyaka 55 utuye mu mudugudu wa Kibingo, akagali ka Musezero, umurenge wa Rwaza avuga ko kuva aho ubutaka bwe butangiriye kurigita mu ntangiriro za 2012, imibereho ye yasubiye inyuma, kuko ngo nta cyamusimburira ubutaka yatakaje.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bufatanyije n’umushinga wo gufata amazi, ubutaka no kuhira imirima y’imusozi (LWH) ukorera muri Minisiteri y’ubuhinzi bakomeje guhamagarira abantu babishaka bose kuza muri ako karere bagahabwa akazi ko gukora mu materasi y’indinganire.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame arahamagarira abandi bayobozi mu nzego zinyuranye ku mugabane wa Afurika gufatisha yombi amahirwe menshi y’iterambere Afurika ifite iki gihe, bakayabyaza umusingi w’iterambere rirambye Abanyafurika basonzeye.
Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Nyamagabe bari kurebera hamwe uburyo umwanzuro wo gutunganya umudugudu w’icyitegererezo mu iterambere rikomatanyije bahuriyeho (JADF IDP Model Village) bafatiye mu rugendo shuri bagiriye mu karere ka Rubavu washyirwa mu bikorwa.
Hasize imyaka irindwi abaturage bo mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera batarahabwa ingurane z’imyka yabo yangijwe igihe umushinga wa SOGEA SATOM wakwirakwizaga amazi mu ngo muri uyo murenge.
Umujyanama Mukuru mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Miturire (UN Habitat) mu karere akaba anashinzwe u Rwanda by’umwihariko, Dr Jossy Materu, yatangije amahugurwa y’iminsi itanu agenewe abafite imiturire n’imicungire y’ubutaka mu nshingano mu karere ka Nyamasheke.
Tariki 27/05/2013, Abakongomani bavuga Ikinyarwanda bari mu nkambi zo mu Rwanda bibutse ku nshuro ya 10 ababo bazize ubwicanyi bwabakorewe ahantu hatandukanye muri Congo (Mukoto, Ngungu, Bukavu, Karehe, Lubumbashi, Kamina, Kinshasa), mu Rwanda (Mudende no mu kambi ya Nkamira) no mu Burundi mu Gatumba.
Nubwo Perezida wa Tanzaniya yari yasabye ko Leta y’u Rwanda yakwicarana na FDLR mu biganiro bigamije kubaka amahoro arambye mu karere no muri Kongo-Kinshasa by’umwihariko, Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko itazigera ijya mu biganiro n’uwo mutwe.
Perezida Kagame yitabiriye inama ya 48 ya banki nyafurika itsura amajyambere (AfDB) yatangiye tariki 27/05/2013 mujyi wa Marrakech mu gihugu cya Maroke. Iyi nama izibanda ku bicyenewe mu kuzamura ubukungu bw’Afurika ku buryo burambye.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imfubyi Orphelinat Imbabazi butangaza ko gahunda yo gushyira abana mu miryango igenda neza k’uburyo mu bana 100 cyari gifite hasigaye abana bane gusa batarabona imiryango ibakira.
Abayobozi b’inzego z’ibanze barasabwa guhorana inyota yo gusobanukirwa n’ibarurishamibare, hagamijwe ko badakora amakosa mu bijyanye no gukusanya amakuru, kuko iyo batanze amakuru atariyo bidinziza iterambere ry’igihugu.
Umuryango w’abafasha b’abakuru b’ibihugu bya Afurika urwanya SIDA (OAFLA), watoreye madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, kuwubera visi Perezida, mu matora yabereye i Addis Ababa mu gihugu cya Ethiopia, kuri iki cyumweru tariki 26/05/2013.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt. Gen Charles Kayonga, hamwe n’umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ingabo muri Uganda, Gen Jeje Odong, bashimye imyitwarire myiza y’abahagarariye u Rwanda mu masomo ajyanye n’ubutabazi bwihuse, yahurije hamwe ibihugu byo mu gace ka Afurika y’uburasirazuba.
Nyuma y’aho imvura idasanzwe yibasiye cyane intara y’amajyaruguru mu minsi ishize, ubu abayobozi muri iyi ntara barimo barigira hamwe icyakorwa vuba kugira ngo abantu bose batuye ahashobora kubangamira ubuzima bwabo bimurwe batuzwe ahateganijwe.
Nyuma yuko Amosi Musa atanze inkwano y’ibihumbi 700 yifuza kuzarongora umwana w’umukobwa witwa Fatina Nyirahabimana w’imyaka 20; uyu mukobwa we yanyuze inyuma yisangira undi muhugu witwa Sadamu Harerimana bamaze imyaka itatu bakundana.
Abanyarwanda 41 biganjemo abana n’abagore batahutse ku mugoroba wo kuwa 24/05/2013 bavuye muri Congo; batangaza ko batahutse kubera kurambirwa ubuzima bw’ishyamba kandi igihugu cyabo gitekanye.
Imbuto Foundation ifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye urengera abagore (ONE UN) bateguye umunsi wo gusoma wahariwe gushishikariza abana gusoma. Igikorwa cyaranzwe n’amarushanwa yo kugaragaza ubumenyi.
Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Senat, Bernard Makuza, yifatanyije n’Abanyakarongi mu gikorwa cy’umuganda wo kurwanya Ibiza. Igikorwa cyabereye mu kagari ka Bubazi umudugudu wa Bunyankungu, umurenge wa Rubengera aharimo kubakwa amazu 384 y’icyitegererezo, kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/05/2013.
Umwe mu Banyarwanda bari barafatiwe mu mujyi wa Goma agahohoterwa yarekuwe aho yari afungiye mu kigo cya Gisirikare cya Camps Katindo, nyuma yo gucunzwa ibyo yarafite. Ibi bibaye nyuma y’aho bivugwa ko hari abandi Banyarwanda bafatirwa muuri uyu mujyi n’inzego z’umutekano bagahohoterwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buratangaza ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari usoza, mu karere kose hamaze gukemurwa ibibazo by’abaturage 501. Ibyo byakozwe mu rwego rw’imiyoborere myiza n’iterambere ry’abaturage.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri y’ibikorwa remezo, Alexis Nzahabwanimana, yemeza ko ibikorwaremezo byo mu karere ka Nyanza biri mu nzira nziza. Ibi yabitangaje ubwo yasuraga imihanda iri gukorwa muri aka karere, Kuri uyu wa Gatanu tariki 24/05/2013
Umunyabanga mukuru w’Umuryango w’abibumbye Ban Ki Moon yemeje ko mu gushyira mu bikorwa gahunda z’iterambere zinyuranye zirimo kuvana abaturage benshi mu bukene no gushyira mu myanya ifata ibyemezo abagore, nta kabuza ko u Rwanda rurimo kugera ku ntego z’ikinyagihumbi (MDGs).
Kuri uyu wa gatanu tariki 24/5/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye Ambasaderi mushya w’igihugu cy’Ubuyapani, Kazuya Ogawa, wamusezeranyije ko azakomeza ibikorwa by’iterambere igihugu cye gisanzwe gifashamo u Rwanda, ndetse no kongera ubuhahirane n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi.
Ashingiye ku itegeko nshinga, Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma maze uwari Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama asimburwa na Busingye Johnson. Musoni Protais wari ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri yasimbuwe na Madamu Stella Ford Mugabo.
Umuryango mpuzamahanga wa gikirisitu, World vision, wemereye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko uzakomeza kunganira Leta muri gahunda z’iterambere zirimo kwita ku buzima bw’abana n’ababyeyi, guteza imbere uburezi, ibikorwaremezo no gufasha abakene kwibonera ibiribwa, mu turere 21 tw’u Rwanda.
Kuri uyu wa 24/05/2013, mu Karere ka Gatsibo hatangiye ibiganiro ku migendekere y’amatora y’abadepite atagenyijwe mu gihugu hose tariki 16/09/2013.
Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu mwaka ushize wa 2012 batitabiriye urugerero banenzwe bikomeye n’umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Boniface Rucagu, tariki 23/05/2013, ubwo yasuraga intore ziri ku rugerero muri ako karere.
Umuyobozi w’umuryango World Vision muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Richard Stearns, aravuga ko yatangajwe n’iterambere abagenerwabikorwa b’uyu muryango mu karere ka Nyamagabe bamaze kugeraho.
Muri iki gitondo cyo kuwa 24/05/2013, abasore b’Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda batuye mu mujyi wa Bukavu ahitwa Inguba muri Congo bakozanyijeho na bagenzi babo batakivuga. Barwanishije ibiti, amabuye n’ibyuma.