Ibigo byahawe inkunga yo kwigisha ubumenyingiro, byasabwe kuyikoresha mu gutanga ubumenyi bufite ireme kandi ku bantu bangana n’umubare bemeye kwigisha kuko utazakoresha neza iyo nkunga azasabwa kuyisubiza.
Padiri Ubald Rugirangoga uzwi cyane mu Rwanda ndetse no hanze yarwo mu gusengera abarwayi bagakira, atangaza ko yoherejwe n’Imana mu Rwanda kugirango abwirize Abanyarwanda urukundo bari barabuze.
Umwe mu bagize inteko ishinga amategeko y’Ububiligi, Francois Xavier de Donnea, aratangaza ko ari ngombwa ko urubyiruko rumenya aho inzangano zishingiye ku moko ziganisha, kandi ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Murambi rwagira uruhare mu kwigisha urubyiruko.
Muri iki gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru y’imyaka 19 rumaze rwibohoye, abaturage b’akarere ka Gisagara barishimira uburyo itangazamakuru ryabegerejwe, aho kubegereza amaradiyo radio hafi yabo byakemuye ibibazo byinshi kandi n’imyumvire igahinduka.
Umuyobozi w’ingabo mu karere ka Ruhango, Major Chris Rutaremara, aravuga ko Abanyarwanda babonye ubwigenge ariko kubera ubuyobozi bubi bwakomeje gukurikiza inzira z’abakoloni, bwatumye batibohora.
Kuri Paruwasi ya Murunda iherereye mu karere ka Rutsiro habereye umuhango wo gutanga isakaramentu ry’ubusaserodoti ku wa gatandatu tariki 06/07/2013, aho umwe yahawe ubupadiri, abandi babiri bahabwa ubudiyakoni.
Abapolisi 150 bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Haiti bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa gatandatu tariki 06/07/2013 nyuma yo gusimburwa na bagenzi babo mu cyumweru gishize.
Abanyarwanda barenga 4500 bahungiye mu gihugu cya Zambia ngo bashobora kudataha ahubwo bagahabwa ibyangombwa by’Ubunyarwanda bakigumira muri iki gihugu.
Komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi, Senateri Joseph Karemera, arasaba abanyamuryango bo mu ntara y’Uburasirazuba gufata iya mbere mu kuzamura ubukungu bw’iyo ntara n’ubw’igihugu muri rusange.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu mu Rwanda, IGP Gasana Emmanuel, asaba Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha kunoza akazi bashinzwe kuko aribwo bazaba bagana mu cyerecyezo cyo kwigira u Rwanda rwihaye.
Umukozi ushinzwe ubuhinzi (Agronome) mu murenge wa Hindiro wo mu karere ka Ngororero yatawe muri yombi tariki 05/07/2013 akurikiranyweho kunyereza amafaranga akoreshwa mu guca amaterasi.
Umugaba mukuru w’Ingabo za Burkina Faso umaze icyumweru mu Rwanda, avuga ko yazaniye Perezida Kagame ubutumwa bugamije gushimangira umubano n’imikoranire hagati y’u Rwanda na Burkina Faso yahorerejwe na Perezida Blaise Compaoré.
Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi aratangaza ko uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2013-2014 uzasiga abaturage barenga 70% babona amazi meza kandi bayabonera hafi y’aho batuye.
Imiryango 50 y’abatishoboye batagiraga aho batuye bo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa Gatanu tariki 05/07/2013 yatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nganzo mu kagari ka Ntendezi mu murenge wa Ruharambuga wubatswe n’Umuryango Mpuzamahanga Utabara Imbabare (Croix-Rouge).
Ihuriro ry’abanyeshuri biga muri za Kaminuza (FAGER) bari mu gikorwa cyo gukusanya inkunga yo kubakira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu wa Gatanu tariki 05/06/2013 bakiriye inkunga y’abanyeshuri biga muri Kaminuza y’Abadiventisiti (UNILAK) igera kuri miliyoni 1,75.
Kimwe n’utundi turere tw’igihugu, Akarere ka Rulindo kizihije umunsi wo kwibohora kuri uyu wa Kane tariki 04/07/2013. Ku rwego rw’Akarere ka Rulindo, iki gikorwa cyabereye mu murenge wa Kisaro, Akagari ka Kamushenyi.
Mu gihe mu Rwanda hose bizihiza ku nshuro ya 19, isabukuru yo kwibohora, abatuye umurenge wa Rugarika mu karere ka Kamonyi barishimira intambwe igihugu kimaze kugeraho mu iterambere kibikesha imiyoborere myiza igaragaramo uruhare rwa buri wese nta vangura.
Abasirikare n’abapolisi 35 barangije amasomo bari bamazemo ibyumweru 28 i Nyakinama mu karere ka Musanze, aho bigaga mu bijyanye no kuyobora abasirikare ku rugamba, ibijyanye gufata ibyemezo, gufata ibyemezo, ibirebana n’akazi ko mu biro n’ibindi.
Ubwo abagore bari bamaze gushima Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ko Leta y’u Rwanda ayobora yahaye agaciro umugore, yabashubije ko byaba ari ikibazo kudateza imbere abagore aho ari ho hose ku isi, kuko atari ubugira neza baba bagiriwe, ahubwo ari uburenganzira bemererwa, bagomba no guharanira.
Abagororwa 22 kuri 60 basabye guhuzwa n’imiryango biciye ababo muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ngo bayisabe imbabazi. Iki gikorwa cyabereye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza tariki 03/07/2013.
Abanyarwanda 120 batashye kuri uyu watanu taliki 05/07/2013 banyuze ku mupaka w’akarere ka Rubavu bavuye mu gihugu cya Congo aho babaga mu duce twa Masisi na Rutchuro na Minova.
Abaturage batanu bo mu murenge wa Bugeshi bagize uruhare mu guhisha abahigwa mu gihe cya Jenoside bashyikirijwe inka nk’ishimwe ry’ubutwari bagize mu gihe byari bikomeye.
Brig. Gen. Nabere Honore Traore, umugaba mukuru w’igisirikare cya Burkina Faso uri mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda, yemeza ko igisirikare cy’iwabo cyagirana umubano wihariye n’icy’u Rwanda, akanemeza ko nta mupaka n’umwe abona wabangamira uwo mubano.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abaturage bo mu karereka Burera gukomeza urugamba rwo kwibohora kugira ngo imbaraga zakoreshejwe mu kubohora u Rwanda zitazapfa ubusa.
Abayoboke b’idini ya Islam bo mu mudugudu wa Gikwege, akagari ka Mpenge umurenge wa Muhoza mu karere ka Musanze baravuga ko bishimira ubwisanzure babonye ubwo igihugu cyibohoraga, none ubu ihezwa bakorerwaga rikaba ryarabaye amateka.
Mu nama nyunguranabitekerezo yahuje abagore bari mu nzego z’ubuyobozi mu nama y’igihugu y’abagore mu turere twose tw’intara y’uburasirazuba, Guverineri w’iyo ntara yavuze ko umudamu agize uruhare mu gukemura ibibazo biri muri sosiyete byagabanuka ndetse bikazagera n’igihe birangira burundu.
Mu ishyamba riri munsi y’inkambi ya Gihembe irimo impunzi z’Abanyekongo iherereye mu karere ka Gicumbi hasigaye haza abantu baje kuhasengera mu matsinda ngo bahabonere ibitangaza.
Nyuma yo kwizihiza umunsi wo kwibohoza ku nshuro ya 19, umunsi wizihirijwe mu midugudu, biteganyijwe ko abayobozi b’ubuturere bahura na Perezida Kagame kuri uyu mugoroba wa taliki ya 4 Nyakanga 2013.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana arahamagarira abatuye ako karere n’Abanyarwanda bose muri rusange kwishimira ibyiza bagejejweho na Leta yabohoye u Rwanda ingoma y’abicanyi, ariko agasaba abakiboshywe n’imyumvire mibi kubohoka bakayoboka inzira y’iterambere.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame arasaba Abanyarwanda ko n’ubwo bamaze imyaka 19 bibohoye, bidakwiye guhagararira aho kuko bakwiye no gukora ibyo babona byabateza imbere aho gutegereza ko hari undi uzabibakorera.