Bihereye mu karere ka Rubavu, mu ntara y‘uburengerazuba hashyizweho itsinda rigizwe n’abacungamari n’abagenzuramari kuva ku karere kugeza ku bigo by’amashuri n’amavuriro bya Leta rishinzwe kuzajya rigenzura imikoreshereze y’amafaranga ya Leta.
Abana bahagarariye abandi mu midugudu, mu tugari ndetse no ku rwego rw’umurenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe mu nama yabahuje tariki 9/8/2013 batangaje ko mu byo ihuriro ryabo rishyize imbere harimo guhangana n’imirimo mibi ikoreshwa abana.
Kwimura abaturage ku kirwa cya Bushongo giherereye mu kiyaga cya Burera, ho mu murenge wa Rugarama, akarere ka Burera, biracyarimo ingorane kuko Abanyabushongo batumvikana n’abashoramari bashaka kubagurira ubutaka.
Mu gihe cy’igisibo cy’Abayisilamu (Ramadhan) ngo habamo ijoro rimwe ridasanzwe bagiriramo amahirwe menshi kandi bakababarirwa ibyaha byose, ndetse ngo isengesho rivuzwe muri iryo joro rya “Laylat al qadr” riruta amasengesho yose undi Muyisilamu yabasha gusenga mu myaka isaga 83.
Abanyarwanda batandukanye bakomeje kwambuka umupaka wa Rusumo bava mu gihugu cya Tanzania, aho birukanywe. Kugeza ubu abarenga 1000 nibo bamakugera mu Rwanda, aho bashyizwe mu nkambi ya Kiyanzi mu gihe hagushakishwa uburyo bwo kubatuza.
Umusaza witwa Nsekerabanzi Daniel, ufite imyaka 91 y’amavuko, utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we ufite imyaka 71 y’amavuko kugira ngo babane byemewe n’amategeko.
Abanyarwanda 51 bagaze mu Rwanda bavuye mu gihugu cya Congo, aho bamaze imyaka 19 mu buhunzi. Bemeza ko byatewe no kutamenya amakuru y’ukuri ku bibera mu gihugu cyabo.
Kuri uyu wa 08/08/2013, Abanyarwanda 158 babaga mu gihugu cya Tanzaniya bageze ku mupaka wa Rusumo bakaba bavuga ko baza kubera bamaze iminsi babirukanye muri iki gihugu bababwira ngo batahe iwabo mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda irasaba Abanyatanzania bari mu Rwanda gutuza kuko ngo bo batazirukanwa, nk’uko Tanzania, igihugu cy’igituranyi kandi kiri kumwe n’u Rwanda mu muryango umwe, yo irimo kwirukana Abanyarwanda bari basanzwe bayituyemo.
Abanyarwanda 17 babaga mu gihugu cya Tanzaniya batahutse mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 08/08/2013 binjiriye mu murenge wa Ndego wo mu karere ka Kayonza. Abo batahutse baje biyongera ku bandi 20 batahutse tariki 07/08/2013 na bo binjiriye mu murenge wa Ndego.
Kuri uyu munsi wa Eid al-Fitr usoza igihe cy’igisibo bita Ramadhan, Abayisilamu bo mu karere ka Rwamagana bageneye bagenzi babo b’abakene n’abatishoboye bo muri ako karere ifunguro ry’umunsi mukuru rufite agaciro k’ibihumbi 890 mu mafaranga y’u Rwanda.
Umukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, yongeye kwibutsa abanyamuryango ba FPR ko badakwiriye kwishimira ibimaze kugerwaho ngo bahagararire aho, ahubwo ko bagomba kubyubakiraho baharanira kubyongera kurushaho.
Taxi Hiace ya Murasira Diogene bakunda Kadafi w’imyaka 30 yafatiriwe n’ururwe rw’ubushinjacyaha rwisumbuye rw’urukiko rwa Ngoma nyuma yuko rusanze uyu mugabo akurikiranweho ibyaha birimo ibyihezandonke.
Abagore b’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi bagera ku 1562 baturuka mu bihugu 11 bya Afurika, bari i Huye guhera tariki 06-11/08/2013, bakaba bitabiriye kongere bagomba kureberamo uko abagore bakwitwara mu kuba urugero rwiza aho baba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, Dr Habyarimana, avuga ko ishyirahamwe Inyenyeri rikorera mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu rizakomeza gufashwa kwimakaza ibikorwa ryatangiye byo kubaka ubumwe n’ubwunge.
Abanyarwanda 20 babaga mu gihugu cya Tanzaniya batahutse kuri uyu gatatu tariki 07/08/2013 binjiriye mu murenge wa Ndego, umwe mu mirenge y’akarere ka Kayonza uhana imbibe n’igihugu cya Tanzaniya.
Amwe mu makoperative n’amashyirahamwe y’abayisilamu akorera hirya no hino mu gihugu, atangaza ko hari intambwe amaze gutera, nyuma yo gusaba ka amafaranga MTN yabageneraga ku munsi mukuru wa Idil fitri yabafasha gukoramo imishinga ibateza imbere.
Abakozi 400 bakoreye sosiyete Rural development Solution Company (RDSCO), baravuga ko bategereje guhembwa amafaranga yabo bakoreye mu bikorwa byo gukora umuhanda none amaso yaheze mu kirere.
Kuri uyu wa 06/08/2013 Abanyarwanda 33 bageze mu Rwanda bavuye muri Tanzaniya baje basanga abandi 48 baje umunsi umwe mbere yaho. Bose bacumbikiwe mu karere ka Kihere mu murenge wa Nyamugari.
Biteganyijwe ko imiryango 28 y’abasigajwe inyuma n’amateka izimurirwa mu mudugudu yubakiwe mu murenge wa Jali mu karere ka Gasabo, nyuma yo kwimurwa i Kimironko aho bari babayemo ubuzima butari bwiza.
Umuryango w’Urubyiruko rwa Kiyislamu rugamiije iterambere, AJMD Njye Nawe, rwahuguye abari n’abategarugori 15 bo mu karere ka Kicukiro mu gukora ubukorikori; mu rwego rwo kubaha ubumenyi buzabafasha kwikura mu bukene.
Abaturage bo mu kagari ka Buvungira mu murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke barasaba ubuyobozi kubafasha kubona irimbi hafi yabo kuko iyo hagize umuturage upfa, ibijyanye no gushyingura bibagora kuko bakora urugendo rurerure cyane kandi ku buryo bavuga ko buhenze.
Kuri uyu wa kabiri tariki 06/08/2013 umugore witwa Munezero Madina, utuye mu murenge wa Nyamirambo akarere ka Nyarugenge, yerekeje mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze gushaka se w’abana be amaze amezi agera kuri atatu atazi ibye.
Abasirikari 94 b’u Rwanda bitabiriye icyiciro cya karindwi cy’imikino ya Gisirikari n’iserukira muco mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (7th Edition of the East Africa Military Games and Cultural Events), barasabwa kwitwara neza barangwa n’ikinyabupfura mu rwego rwo kugaragaza isura nziza ku Rwanda.
Kuri uyu wa mbere tariki 05/08/2013, imashini ikora isuzuma ry’ibinyabiziga (control technique) yatangiye gukorera mu karere ka Musanze, aho izamara icyumweru mbere yo gukomereza ahandi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame hamwe na Fondasiyo y’uwahoze ayoboye Leta zunze ubumwe za Amerika, Bill Clinton, ku bufatanye n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (PAM), biyemeje kurwanya imirire mibi no guca burundu impfu z’ababyeyi mu gihe cyo kubyara n’iz’abana batarageza ku myaka itanu.
Umuhango wo kwizihiza yubire y’imyaka 50 ya Paruwasi Gaturika ya Mushaka mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 04/08/2013 witabiriwe n’imbaga nyamwinshi y’Abanyarwanda harimo na Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame.
Jean Ntakirutimana yiyemerera ko yari mu bacuze bakanashyira mu bikorwa umugambi wo gutera gerenade zahitanye babiri zikanakomeretsa 32 i Nyabugogo tariki 26/07/2013 batumwe n’umwe mu bayobozi ba FDLR.
Ubwo yaganiraga n’abaturage bo mu murenge wa Nzahaha kuwa 03/08/2013, umuyobozi w’intara y’uburengerazuba mKabahizi Celestin, yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze bata imirimo bashinzwe bakajya kwiga hanze y’igihugu guhitamo kimwe.
Abanyesuri barangije n’abakiga mu ishuri rya ISPG barasaba ko hakwiye kugira igikorwa kugirango imihanda ihagana ikorwa neza, kuko bitabaye ibyo izadindiza umuvuduko w’iterambere urimo kugaragara i Gitwe aho iri shuri riherereye.