Burkina Faso: Amashyaka yose yasheshwe
Leta iyobowe n’igisirikare muri Burkina Faso, yasheshe amashyaka ya politiki yose yo muri iki gihugu, aho bivugwa ko yarengaga 100.
Iki ni kimwe mu byemezo byafashwe n’inama y’Abaminisitiri y’iki gihugu yateranye ku wa Kane tariki 29 Mutarama 2026, aho bivugwa iki cyemezo cyafashwe hagamijwe kubaka igihugu gishya.
Kuva iyi Leta ya gisirikare iyobowe na Capt. Ibrahim Traoré, yajya ku butegetsi muri Nzeri 2022, ihiritse indi ya gisirikare nanone yari imaze amezi umunani gusa, yahise ihagarika ibikorwa byose by’amashyaka.
Raporo ya Leta ya Burkina Faso, yari yagaragaje ko amashyaka menshi muri iki gihugu, yabaye intandaro y’amacakubiri mu baturage bikabangamira ubumwe bwabo, ari yo mpamvu y’iseswa ryayo, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Emile Zerbo.
Mbere y’ihirikwa ry’ubutegetsi rya 2022, muri Burukinafaso habarirwaga amashyaka ya politiki asaga 100, harimo 15 yari ahagarariwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu.
Iyo nama y’Abaminisitiri kandi, yemeje ko imitungo yose y’ayo mashyaka yasheshwe, ihita yegurirwa Leta.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|